Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aryoha asubiwemo: Umunsi wa mbere wa Shampiyona kuri Rayon mu mboni z’umusesezenguzi Kazungu

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in FOOTBALL, IMYIDAGADURO, SIPORO
0
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Umunyamakuru Kazungu Clever

Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yatsinze Gasogi United, 2-1 ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium. Umusesenguzi akaba n’Umunyamakuru Kazungu Clever aragaragaza icyo yabonye kuri uyu munsi wa mbere

Ni umukino w’amateka ku mupira w’amaguru mu Rwanda, dore ko wari uwa mbere watangizaga shampiyona yigenga ‘Rwanda premier League 2023-2024’.

Aya makipe yombi yari ahuriye ku kuba yariyubatse cyane, kuko ikipe ya Gasogi United yaguze abakinnyi 11 mu gihe Rayon sports yo yaguze abakinnyi 12.

Ku munota wa 11 w’umukino, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Rutahizamu w’umugande, Charlse Bbaale, ku kazi gakomeye yakoze amaze gucenga abugarira ba Gasogi United.

Nyuma y’akazi gakomeye kakozwe na Joackiam Ojera ku ruhande rw’iburyo imbere, Rayon Sports yabonye igitego cya 2 cyatsinzwe na Youssef Rharb, rutahizamu ukomoka muri Morocco.

Ku munota wa 90 Gasogi United yabonye igitego cyatsinzwe na Christian Theodor Yawanendji Malipangou, kuri penality ku ikosa ryakozwe na Serumogo Ally warikoreye kuri Rutahizamu wa Gasogi United.

Umukino warangiye ari ibitego 2 kuri 1 cya Gasogi United.

Nyuma y’umukino  ibyo twabonye kuri Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup mu mboni z’umusesenguzi Kazungu Clever.

Kazungu Clever umaze imyaka 20 akurikira shampiyona yo mu Rwanda

Umukino ufungura umwaka w’imikino wa 2023-24, wari uteye amatsiko menshi ariko Rayon Sports iciye impaka yerekana ko ari ikipe ikomeye y’ubukombe kandi yiyubatse cyane. Umutoza wa Rayon Sports Yamen Zelfan yagaragaje ko ari umuhanga mu mitoreze kurusha uko namubonye mbere kuri match za gicuti ngereranya imikinire ya Rayon n’ikigo cy’amashuri yisumbuye!

Rayon ntabwo ari ugutsinda Gasogi United gusa yanayicenze cyane, iyirusha kugumana umupira no guhana hana, iyirusha gusatira no kurema uburyo bwavamo ibitego! Ikosa gusa ryari rigiye gutuma Rayon Sports inganya na Gasogi United abantu bagatungurwa. Umutoza wa Rayon Sports ubanza yibagiwe ko akoresha abakinnyi bo hagati bafite imyaka iri hejuru, bakoresheje imbaraga nyinshi mugice cya mbere bagombaga gusimbuzwa bitarenze ku munota wa 60.

Kazungu uvuga ko Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidèle, yagakwiye kugura Umunyezamu amazi atararenga inkombe

Irindi kosa nabonye ni uko Ojera adafasha Serumogo kurinda izamu ariko Serumogo akamufasha gusatira. Youssef nawe ntacyo afasha Ganijuru mukurinda izamu mu gihe Ganijuru agerageza kumuzanira imipira barimo gusatira. Rayon Sports nta muzamu uri ku rwego rwayo ifite nabivuze mbere ko Bonheur, Adolphe na Tamale, bose batari ku rwego rwayo n’urwamarushanwa ya CAF CC yitegura. Ikeneye umuzamu mushya.

Ayo makosa nakosorwa Rayon Sports ishobora kuzatsinda ikipe ntazi ntoya ibitego 7 cyangwa icyumweru nkuko babyita! Kuko Umugande Charles Bbaale mbonye ku mbaraga ze afite z’umubiri, ubuhanga mugukoresha ukuguru kwe kw’imoso, umuvuduko, ba myugariro bahuzagurika baragowe cyane.

Rutahizamu wa Rayon Sports, Charlse Bbaal watsinze igitego cya mbere cya Shampiyona ya 2023-24
Umunya-Morocco Youssef Rharb watsindiye Rayon Sports igitego cya 2

KAZUNGU Clever
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

Hagaragajwe ingingo nyamukuru iri gukorwa mu kugarurira agaciro ifaranga ry’u Rwanda

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Umuhanzi Nyarwanda w’ikirangirire yageneye ubutumwa mugenzi we bafitanye amateka uri mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.