Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in AMAHANGA
0
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma yo kugongwa ku bushake n’umugore we Umunyarwandakazi Teta Sandra, hagiye hanze amashusho bivugwa ko yafashwe ubwo byabaga, ndetse Polisi ya Kampaka ikaba yemeje ko uyu Munyarwandakazi yatawe muri yombi.

Aya mashusho yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 07 Kanama 2025, nyuma yuko iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatatu ku kabari kitwa Shan’s Bar & Restaurant ko muri Munyonyo.

Amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga zirimo iz’abanyamakuru nk’uwitwa Emmy Nsengiyumva ukorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, agaragaza imodoka y’ivatiri y’umweru iza izatira umuntu w’umugabo bivugwa ko ari Weasel, ikabanza kumugonga byoroheje ariko igasubira inyuma ikongera kuzana umuvuduko mwinshi ikongera ikamusekura.

View this post on Instagram

A post shared by Emmy Rwanda Ikinege BadMan (@emmy_rwanda_ikinege)

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Pulse.Ug gikorera muri Uganda, avuga ko abari ahabereye iyi mpanuka, bavuze ko yakurikiwe n’ubushyamirane bwabaye hagati ya Teta Sandra na Weasel, ari bwo umugore yafataga icyemezo cyo gusohoka ngo yitahire, ariko umugabo agashaka kumwitambika ngo atamusiga, undi agahita amugonga.

Amakuru kandi avuga ko Teta Sandra yamaze gutabwa muri yombi, kugira ngo hakorwe iperereza kuri ibi akekwaho gukorera umuhanzi Weasel basanzwe bafitanye abana.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Ibiro Bikuru bya Polisi ya Kampala, Luke Owoyesigyire wavuze ko Teta Sandra afungiwe kugonga bigambiriwe umuhanzi Weasel akoresheje imodoka ifite pulake ya UBH 148 Y.

Iyi modoka yakoreshejwe na Teta Sandra ubu iparitse kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabalagala.

Luke Owoyesigyire yagize ati “Douglas Mayanja yahise ajyanwa ku Bitaro bya Mukwaya nyuma aza koherezwa ku Bitaro bya Nsambya, aho ubu ari kuvurirwa.”

Amakimbirane hagati ya Teta Sandra n’umugabo we Weasel si aya vuba, kuko yatangiye kuvugwa muri 2022 ubwo hagaragaraga amafoto y’uyu munyarwandakazi afite ibikomere n’inkovu bivugwa ko yatewe n’inkoni akubitwa n’umugabo we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eight =

Previous Post

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Next Post

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.