Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu akorana ubucuruzi na Al Shabaab ndetse n’umutwe wa RSF ukorera muri Sudan.

Uyu wahoze ari Visi Perezida wa Kenya; yavugiye ibi muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza ko Umukuru w’Igihugu cya Kenya ashyira umutekano w’isi mu kaga kubera inyungu ze bwite.

Yagize ati “Abanyamerika barashaka gukora iprerereza ku bucuruzi ukorana na Hemerti uyobora RSF muri Sudan. Akugurisha zahabu hanyuma ukamwoherereza intwaro zo kwica abagore n’abana muri sudan.

Ntabwo ushobora kwitandukanya na byo kubera ko dufite ibimenyetso. Nari nkungirije igihe izo nama zabaga. Mbifiteho amakuru arambuye. […] William Ruto; Abanyamerika bakeneye kumenya impamvu ukorana na Al shabaab. Wigeze guhura n’abayobora ibyihebe bya al shabaab batatu mu ijoro, kandi mwaganiraga ubucuruzi.”

Gachaguwa yakomeje avuga ko Perezida Ruto yahinduye amategeko yo guha abanyamahanga indangamuntu. Ku bwa Gachaguwa avuga ibyo bigamije gushyigikira iterabwoba.

Yashimangiye ko ibi ari byo byamujyanye muri Leta Zunze Ubumwe za America. Yaboneyeho no gusaba ubutegetsi bwa America gufatira ibihano Perezida Ruto.

Ati “Utekereza ko ndi ikigoryi; ariko ntiwibwire ko naje hano gutembera, naje hano gutanga muri Guverinoma, Inteko Inshinga Amategeko ya America ikirego cy’abaturage ba Kenya. Icyo dusaba Guverinoma ya America ni uko igihe babona aya makuru ari impamo badufasha. Ntibafatire ibihano abaturage ba Kenya. Mufate umwanzuro ukwiye; mufatire ibihano William Ruto ku gite cye, ntazigere yongera kugera muri America.

Kenya ntigomba kujya mu bibazo kubera umuntu umwe, ariko America nifata umwanzuro wo kumufatira ibihano byo kutagaruka hano muri America; ntazigera asubira no mu bindi Bihugu bikorana na America, ikibazo cyacu kizaba gikemutse.”

Gachaguwa akimara kuvuga ibi; abanyepolitike bavuze ko yakoze amakosa akomeye. Umudepite mu Nteko Ishinga amategeko ya Kenya; Bashir Abdullah; Visi Perezida wa Komisiyo y’Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga; yavuze ko Gachaguwa yagambaniye inshingano yigeze kugira mu Gihugu, asaba ko bamushyira mu cyiciro cy’abafite ibibazo byo mu mutwe.

Uyu munyepolitike kandi ngo ntabwo yifuza ko Gachaguwa agaruka muri Kenya. Ati “Izi ni imvugo zidakwiye kuva mu kanwa k’umuntu wigeze kuba Visi Perezida. Ukurikije ibyo uyu wahoze ari Visi Perezida avuga; abanyakenya bafite inkomoko muri Somalia ni abakerarugendo, ntabwo bagomba guhabwa ibyangombwa.

Nk’uko mubizi; mu muco w’Abanya-Somalia umuntu ufite ikibazo cyo mu mutwe bamuzirika ku giti cyo mu muryango, ndabasaba rero ko na Rigathi Gachaguwa mumuzirika ku giti kubera ko ibyo yavuze bigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe.”

Icyakora kugeza ubu ntacyo guverinoma ya Kenya iravuga kuri ibyo birego bya Rigathi Gachaguwa. Uyu munyepolitike asubiramo kenshi ko azakora ibishoboka byose kugira ngo perezida Ruto atazongera gutorerwa kuyobora iki Gihugu mu matora azaba muri 2027.

Perezida Ruto n’abamushyigikiye bavuga ko uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bwe rukoreshwa n’ishyari n’urwango rudafite ishingiro, bakavuga ko ibikorwa byabo ari byo bigomba kugena ahazaza h’ubutegetsi bwa Kenya.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + three =

Previous Post

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Next Post

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.