• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku musizi Bahati waburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi micye, inzego z’iperereza z’u Rwanda zitangaje ko zigiye gushyira hanze ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi, Bahati Innocent, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko uyu musizi yahungiye muri Uganda ndetse ko yakoranaga n’abarwanya u Rwanda.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru, ko Umusizi Bahati Innocent umaze umwaka yaraburiwe irengero, yahungiye muri Uganda.

Dr Murangira yavuze ko nyuma y’uko uyu Musizi aburiwe irengero tariki 09 Gashyantare 2021, hahise hatangira gukorwa iperereza hakabazwa abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi.

Dr Murangira yavuze ko amakuru yerekanye ko uyu Musizi yari asanzwe ajya muri Uganda akoresheje inzira zitemewe n’amategeko ndetse ko yakoranaga n’inzego z’umutekano z’iki Gihugu cy’igituranyi.

Yavuze kandi ko yari asanzwe akorana n’abarwanya u Rwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse ko bajyaga bamuha amafaranga.

Yavuze ko nta makuru ahari niba uyu Musizi yaba akiri muri Uganda cyangwa yaragiye mu kindi Gihugu.

Ati “Ariko byibuze ntabwo ari mu Rwanda.”

Nyuma y’umwaka uyu musizi aburiwe irengero, abo mu muryango we bongeye kubura iyi dosiye, bavuga ko bongeye kubaza inzego zishinzwe iperereza ibijyanye n’uyu musizi, zikababwira ko nta makuru mashya araboneka.

Gusa Polisi na RIB bari baherutse gutangaza ko ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’uyu musizi, bizatangazwa mu gihe cya vuba.

Inzego zishinzwe ubutabera mu Rwanda, zakunze gutangaza ko bamwe mu Banyarwanda baburirwa irengero, bajya mu Bihugu byo mu karere kandi bakajyanwa n’impamvu zitandukanye barimo ababa bagiye guhaha ndetse n’aba bahunze u Rwanda ku mpamvu zinyuranye nk’amadeni baba bafitiye abantu.

Izi nzego kandi zakunze kuvuga ko bamwe mu baburirwa irengero bajya kwifatanya n’imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda ikorera mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 17 =

Previous Post

Urukiko rwubashye icyifuzo cya Karasira wanze kuburanira ku ikoranabuhanga

Next Post

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.