Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku musizi Bahati waburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Mu gihe cya vuba hazatangazwa ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi Bahati
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi micye, inzego z’iperereza z’u Rwanda zitangaje ko zigiye gushyira hanze ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’Umusizi, Bahati Innocent, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko uyu musizi yahungiye muri Uganda ndetse ko yakoranaga n’abarwanya u Rwanda.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru, ko Umusizi Bahati Innocent umaze umwaka yaraburiwe irengero, yahungiye muri Uganda.

Dr Murangira yavuze ko nyuma y’uko uyu Musizi aburiwe irengero tariki 09 Gashyantare 2021, hahise hatangira gukorwa iperereza hakabazwa abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi.

Dr Murangira yavuze ko amakuru yerekanye ko uyu Musizi yari asanzwe ajya muri Uganda akoresheje inzira zitemewe n’amategeko ndetse ko yakoranaga n’inzego z’umutekano z’iki Gihugu cy’igituranyi.

Yavuze kandi ko yari asanzwe akorana n’abarwanya u Rwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse ko bajyaga bamuha amafaranga.

Yavuze ko nta makuru ahari niba uyu Musizi yaba akiri muri Uganda cyangwa yaragiye mu kindi Gihugu.

Ati “Ariko byibuze ntabwo ari mu Rwanda.”

Nyuma y’umwaka uyu musizi aburiwe irengero, abo mu muryango we bongeye kubura iyi dosiye, bavuga ko bongeye kubaza inzego zishinzwe iperereza ibijyanye n’uyu musizi, zikababwira ko nta makuru mashya araboneka.

Gusa Polisi na RIB bari baherutse gutangaza ko ibyavuye mu iperereza ku ibura ry’uyu musizi, bizatangazwa mu gihe cya vuba.

Inzego zishinzwe ubutabera mu Rwanda, zakunze gutangaza ko bamwe mu Banyarwanda baburirwa irengero, bajya mu Bihugu byo mu karere kandi bakajyanwa n’impamvu zitandukanye barimo ababa bagiye guhaha ndetse n’aba bahunze u Rwanda ku mpamvu zinyuranye nk’amadeni baba bafitiye abantu.

Izi nzego kandi zakunze kuvuga ko bamwe mu baburirwa irengero bajya kwifatanya n’imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda ikorera mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Urukiko rwubashye icyifuzo cya Karasira wanze kuburanira ku ikoranabuhanga

Next Post

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Vuba araba ayigendamo: Imodoka y’akataraboneka ya Bruce Melodie yaraje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.