• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu butasirazuba bwa DRC, yagiriye uruzinduko mu Rwanda.

Faure Essozimna Gnassingbé yageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Iyi Minisiteri yatangaje ko “Muri iri joro, Nyakubahwa Faure Essozimna Gnassingbé, Perezida w’Inama ya Repubulika ya Togo, yageze i Kigali mu ruzinduko.”

Faure Essozimna Gnassingbé ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Tariki 21 Mata 2025, Gnassingbé na bwo yari yagiriye uruzinduko mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida Paul Kagame nyuma yuko yari avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho na bwo tariki 16 Mata 2025 yari yakiriwe na Perezida wa kiriya Gihugu, Felix Tshisekedi.

Nyuma yo kuva mu Rwanda, Gnassingbé yahise yerecyeza muri Uganda, aho yakiriwe na Yoweri Kaguta Museveni wavuze ko mu biganiro bagiranye icyo gihe byarimo no gushaka amahoro arambye mu karere.

Gnassingbé yagiriye uruzinduko muri ibi Bihugu, nyuma y’igihe gito yemejwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa Afurika nk’Umuhuza mu bibazo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, kandi ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyizweho umukono na Perezida Kagame na Tshisekedi, na Trump, i Washington D.C. tariki 04 Ukuboza 2025.

Faure Essozimna Gnassingbé yahawe ikaze mu Rwanda na Minisitiri Nduhungirehe

Bahise banagirana ikiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nine =

Previous Post

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Next Post

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy'i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy'Igisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.