Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo yahuye na Tshisekedi ku nshuro ya mbere

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo yahuye na Tshisekedi ku nshuro ya mbere

Mu cyumweru gishize yari yanakiriwe na Perezida Tshisekedi wa Congo Kinshasa

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé uherutse guhabwa inshingano zo kuba umuhuza mu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahuye na Perezida Félix Tshisekedi.

Faure Essozimna Gnassingbé wahawe izi nshingano n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yahuye na Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Mata 2025 i Kinshasa muri DRC.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byatangaje ko Perezida Faure Essozimna Gnassingbé “yageze i Kinshasa mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko yabanje kunyura i Luanda, Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yagiranye ibiganiro na mugenzi we Félix Tshisekedi ku biganiro by’i Luanda n’i Nairobi, nyuma y’iminsi ine ahawe inshingano z’ubuhuza.”
Perezida wa Togo, kuri uyu wa Gatatu kandi yari yakiriwe na mugenzi we wa Angola, Joao Lourenço unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho baganiriye ku nzira zo kugarura amahoro, ituze n’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.

Perezida wa Angola, João Lourenço wahoze ari n’umuhuza hagati y’u Rwanda na DRC, akaba aherutse guhagarika izi nshingano, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa izo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mu biganiro bagiranye, aba bayobozi bombi, bagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC byahinduye isura mu ntangiro z’uyu mwaka, aho umutwe wa M23 wafashe Umujyi wa Goma ukaba uwugenzura ubu.

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé yahawe izi nshingano z’ubuhuza, nyuma yuko ibiganiro by’i Luanda n’i Nairobi bihujwe, bivuye mu byemezo byafatiwe mu nama zahuje Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bigize Imiryango ya EAC na SADC, yiyemeje guhuza imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Umugore ukurikiranyweho guhengera umugabo we asinziriye akamumenaho isombe ishyushye yavuze icyabimuteye

Next Post

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

Related Posts

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u...

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
23/05/2025
0

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo...

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye...

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo...

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

by radiotv10
21/05/2025
0

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe,...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.