Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken ategerejwe mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko bivugwa ko rugamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibi Bihugu byombi [Rwanda na DRC].

Ikinyamakuru The Africa Report kivuga ko Antony Blinken azagenderera u Rwanda na DRC mu kwezi gutaha mu hagati.

Blinken ugiye kugirira uruzinduko rwa kabiri muri Africa nyuma yuko asuye Kenya, Nigeria na Senegal mu kwezi k’Ugushyingo 2021, bimwe mu bizaba bimugenza mu Rwanda no muri DRC, birimo ibibazo by’umutwe wa M23, iby’amatora ateganyijwe muri Congo ndetse n’amasezerano y’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, Blinken yari yakiriye intumwa zari zoherejwe na Felix Tshisekedi, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Christophe Lutundula.

Bimwe mu byaganiriweho muri ibi biganiro byabereye i Washingtono, ni ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kwibasira uburasirazuba rwa DRC ubwo icyo gihe Umutwe wa M23 wari ukomeje gukubita inshuro FARDC ari na ko wafataga ibice bimwe byo muri Congo.

Mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano n’amahoro kabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize, Linda Thomas Greenfield uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko Igihugu cye cyifuza ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziyoboka ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo byari bimaze igihe bitutumba hagati y’Ibihugu byombi.

Antony Blinken agiye kugenderera u Rwanda na DRC mu gihe ku wa Mbere w’iki cyumweru, umuvugizi we Ned Price, yatangaje ko Guverinoma ya USA izaganira n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki Gihugu ku busabe bwatanzwe na Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, yasabye ko iki Gihugu cyahagarika inkunga kigenera u Rwanda ngo kuko giteza umutekano mucye muri Congo.

Ubu busabe bwatanazwe na Perezida wa Komisiyo ishinzwe ububanyi n’Amahanga muri Sena ya USA, Robert Merendez uherutse kwandikira Blinken amusobanurira ko u Rwanda rutera inkunga M23, bityo ko hari impungenge ko inkunga baruha ishobora kwifashishwa muri ibi bikorwa bihugabanya umutekano w’Igihugu cy’igituranyi.

Ni ibirego u Rwanda rwamaganye kuva cyera, ruvuga ko ibibazo bya M23 bireba Congo ubwayo ndetse ko uyu mutwe ugizwe n’Abanye-Congo bafite ibyo barwanira kandi byagiye byirengagizwa na Leta yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 12 =

Previous Post

Igisubizo cyahawe Umunyamakuru wacu wagiye kuri Hoteli y’i Rubavu ivugwaho gucumbikira Abasirikare ba MONUSCO bahunze

Next Post

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Related Posts

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.