Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA
1
Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 29 wo mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, wagiriye impanuka mu ruganda rw’icyayi yakoreraga, imashini ikamuca ikiganza, avuga ko ubuyobozi bw’uru ruganda bwamwimye indishyi, ndetse n’Urukiko yiyambaje, rukanzura ko yareze uwo atagombaga kurega, rukamuca ibihumbi 500Frw.

Kabega Edith utuye mu Mudugudu wa Kankanga mu Kagari ka Butare, yaciwe ikiganza n’imashini y’uruganda rw’icyayi rwa SORWATHE-Kinihira mu mwaka wa 2019, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10, aho yari kumwe n’umubyeyi we Constance Nzamuhabwanimana.

Iyi mpanuka yabaye tariki 08 Mutarama 2019 aho ikiganza cy’ukuboka kw’iburyo cyacitse cyose ndetse na zimwe mu ntoki z’ukuboko kw’ibumoso zikamugara.

Kabega avuga ko yabonye akazi muri uru ruganda rwa SORWATHE-Kinihira tariki 02 Ukwakira 2017, agatangira amasezerano y’amezi atatu, yagiye yongezwa uko yagendaga ashira.

Avuga ko iyi mpanuka yamubayeho amaze umwaka umwe n’amezi atatu ari umukozi w’uru ruganda, aho yabanje gukora akazi ko gushyira icyayi mu mashini, nyuma bakaza kuhamukura we n’undi bakoranaga, bakabajyana ku yindi mashini.

Ati “Tugezeyo twatsa imashini turakora turakora, tugezemo hagati icyayi kigwamo irazima, turakupa kugira ngo tugikuremo. Twagikuyemo tukimazemo tuzamuramo ibiganza, naho iyo mashini yari isanzwe ifite ikibazo cyo kuba yarapfuye. Ngejeje hejuru ngiye kumva numva imashini iratse iba ifashe imitwe y’intoki, igenda ikururiramo…”

Uyu mukobwa avuga ko ubwo intoki z’ikiganza kimwe zafatwaga n’iyi mashini, yashyizemo ikindi kiganza kugira ngo akurure, igahita igikata, ku buryo abari hafi aho bagize ikibazo cy’ihungabana kubera ibyari bimubayeho.

Avuga ko abakanishi bakundaga kuyikora ariko yari yaranze gukira kuko yari isanzwe ifite ibibazo byahoragaho, ari bo baje bagafunga iyi mashini, bakamukuramo ibiganza byangiritse cyane, aho kimwe cyari cyacitse burundu.

Yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kinihira, ariko na byo biza kumwohereza ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK.

Ikiganza kimwe cyaracitse burundi, ikindi kiramugara

 

Icyemezo cy’agahomamunwa

Kabega Edith avuga ko nta ndishyi yahawe n’ubuyobozi bw’uru ruganda, uretse kuba bwaraje kumusaba inyemezabwishyu yishyuriyeho ikiguzi cy’ubuvuzi, bukamwishyura 1/2 cyayo.

Avuga ko aho aviriye mu bitaro, yabanje kwandikira uru ruganda yakoreraga, arubaza icyo ruzumufasha, ariko rukamuringana ntirumusubize.

Ati “Nibwo nabonye binyobeye ndavuga nti ‘reka mfate umwanzuro wo kuregera Urukiko’. Ikirego kinjiye mu Rukiko mu kwezi kwa cumi na kumwe 2019.”

Iki kirego cyahawe inama ntegurarubanza mu kwezi kwa Mutarama k’umwaka wakurikiyeho wa 2020, haza guhura hagati y’umunyamategeko w’uruganda n’uw’uyu mukobwa.

Uru rubanza rwagombaga kuba muri uko kwezi kwa Mutarama, ariko ruza kwimurwa, rushyirwa tariki 14 Mata uwo mwaka wa 2020, ariko na bwo ruza kwimurirwa tariki 07 Nzeri (ukwa Cyenda).

Umubyeyi we Constance Nzamuhabwanimana, avuga ko urubanza rw’umukobwa we rwasubitswe inshuro umunani zose, ku buryo babonaga ko hari ikibyihishe inyuma.

Ati “N’aho baburaniye, Avoka twari dufite, tugezeyo, ahaguruka ajya gukura ikirego mu Rukiko. Umwana arahaguruka aravuga ati ‘wikura ikirego mu rukiko’ aravuga ati ‘twahisemo ubwiyunge’.”

Uyu mubyeyi avuga ko uwo munyamategeko wabatunguje icyo cyemezo, yavugaga ko yavuganye n’ubuyobozi bw’uruganda, rukemera ko ruzaha uyu mukobwa akazi gahoraho ndetse no kumufasha mu kumushakira insimburangingo.

Yavuze ko Umucamanza yahise afata icyemezo cyo kuzatumiza uyu Avoka ndetse n’umunyamategeko w’Uruganda, ariko Urukiko rukaza kwemeza ko ikirego cy’uyu mukobwa gifite ishingiro.

Edithe yagize ati “Yari yangurishije rwose kuko yavuze ko njye nari namutumye agenda nk’umuntu umpagarariye kandi mu masezerano twari twagiranye ntiharimo kumpagararira.”

Avuga ko uyu munyamategeko yahise yikura mu rubanza, kandi yaramaze kumuha inyandiko zose zamufashaga gukurikirana urubanza, bikaza no kuzamura ibibazo byatumye biyambaza Urugaga rw’Abavoka.

Ngo uyu munyamategeko yaje no gusa nk’aho amutera ubwoba, amubwira ko yasabwe na Minisitiri ko iki kirego akivana mu Rukiko.

Edithe avuga ko yaje gushaka undi munyamategeko, ariko na bwo hakagenda hazamo isubikwa ry’urubanza rya hato na hato, nyuma aho ruburanishirijwe, Urukiko rukanzura ko atsinzwe, ngo kuko “nareze abo ntagombaga kurega, ngo nabasiragije mu manza, ngo banciye ibihumbi maganatanu, ngo kuko nabareze nta mpamvu.”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Louis Rucogoza says:
    2 years ago

    Hhhhh,ngubu ubutahera bwo muri iyi minsi kweri! Ubu c ategereze kuzabitekerereza Perezida wa Repuburika? H E Paul K aracyafite byinshi byo gushyira kumurongo. Akarengane nkaka ntikari gakwiye .Ubu bararya basinzira umwana yarabaye igisenzegeri .Mbega ubutahera!!! Ndumiwe cyokora.

    Reply

Leave a Reply to Louis Rucogoza Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Next Post

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.