Jean-Claude Nzobaneza wahoze ari Minisitiri ushinzwe Ibikorwa Remezo mu Burundi, n’umucuruzi ukomeye; bombi bo mu ishyaka CNDD-FDD, batawe muri yombi, aho umwe ashinjwa gukorera ibikowa by’ubucuruzi mu gace kagenzurwa na AFC/M23.
Uretse uyu Jean-Claude Nzobaneza wahoze muri Guverinoma y’u Burundi watawe muri yombi, undi ufunze, ni Aloys Ntakarutimana uzwi mu izina rya Wakenya.
Amakuru aturuka i Burundi, yemeza ko aba bombi, ejo ku wa Kabiri mu masaha y’umugoroba bajyanywe gufungurwa muri Gereza nkuru ya Bujumbura, izwi nka Mpimba.
Jean-Claude Nzobaneza wahoze ari Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa Remezo, ashinjwa kunyereza amafaranga ya Leta, mu gihe uriya mucuruzi Aloys Ntakarutimana, we ashinjwa gukorera ibikorwa by’ubucuruzi mu gace kagenzurwa n’Ihuriro AFC/M23.
Ni mu gihe Igisirikare cy’u Burundi gifatanya n’icya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu kurwanya iri Huriro AFC/M23 rirwanya butegetsi bwa Kinshasa.
Aba barwanashyaka ba CNDD-FDD batawe muri yombi nyuma yuko muri iri shyaka havuzwemo umwuka mubi, aho kuva mu mpera z’umwaka ushize ryavuzweho gucikamo ibice kwa bamwe mu bakomeye muri iri shyaka.
Amakuru avuga ko uku gucikamo ibice, bishingiye ku kutumvikana ku guhitamo umukandida uzahagararira CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha wa 2027, ndetse n’ivuka ry’itsinda ryiyemeje gushyigikira Ndayishimiye.
Bivugwa ko bamwe mu barwanashya ba CNDD-FDD bakoze itsinda bise ‘Bene Samurarwa’ baniyemeza gushinga Ihuriro rishyigikiye Perezida Évariste Ndayishimiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027.
RADIOTV10








