Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027, ndetse n’ivuka ry’itsinda ryiyemeje gushyigikira Ndayishimiye.

Radio RPA (Radio Publique Africaine) dukesha aya makuru, iravuga ko ku wa Gatandatu tariki 06 Ukuboza 2025 habaye inama idasanzwe y’iri shyaka rya CNDD-FDD yabereye i Cankuzo, yagaragaje ko hashobora kuba hari ugucikamo ibice muri iri shyaka.

Bamwe mu barwanashya ba CNDD-FDD bakoze itsinda bise ‘Bene Samurarwa’ baniyemeza gushinga Ihuriro rishyigikiye Perezida Évariste Ndayishimiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko aya macakubiri avugwa muri iri shyaka, agenda yigiza hirya uruhare rw’urubyiruko n’abaturage mu migambi y’iri shyaka.

Tariki ya 05 n’iya 06 Ukuboza 2025, muri Hoteli ya Ruvubu Park Hôtel iri muri kariya gace ka Cankuzo, habaye inama y’abagize ririya Huriro rya Bagumyabanaga ryiyise Bene Samurarwa, bari bambaye imipira ibaranga.

Umwe mu bayitabiriye yavuze ko yari igamije guhamagarira abagize ririya tsinda gukora ubukangurambaga mu Gihugu hose, bwo gukangurira abaturage kuzashyigikira Perezida Ndayishimiye. Izindi nama nk’iyi kandi zabaye mu bindi bice byo mu zindi Ntara, gusa iriya yo yafatwaga nk’iyihariye.

Mu bayitabiriye, harimo Minisitiri w’Ingabo, Marie Chantal Nijimbere, Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa CNDD-FDD Cyriaque Nshimirimana, abasirikare bakuru mu Gisirikare cy’u Burundi, kimwe n’abacuruzi bakomeye, ndetse n’Abadepite bakomoka muri Buhumuza.

Amakuru avuga ko aba bayobozi bakuru bitabiriye iriya nama bari mu bagomba kuziyunga kuri ririya tsinda rishya riherutse kuvuka muri CNDD-FDD. Iyi nama yabaye mu gicuku, hagati ya saa sita z’ijoro na saa cyenda, ndetse mu gitondo cya kare ikurikirwa n’umuganda rusange wabereye muri Cankuzo, mbere yuko abitabiriye iriya nama bataha.

RPA ivuga ko muri iki gihe bamwe mu bakomeye muri CNDD-FDD barimo Révérien Ndikuriyo, akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, ndetse na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi Umutwe w’Abadepite Gélase Daniel Ndabirabe, na Gervais Ndirakobuca Perezida wa Sena, badahuza n’iri tsinda ryiyemeje gushyigikira Perezida Ndayishimiye, ku bijyanye no guhitamo umukandida uzahagararira ishyaka mu matora ya 2027.

Iki kinyamakuru kikavuga ko uku kutavuga rumwe kuri mu ishyaka, gushobora kuba intandaro ya bomboribombori ishobora gutuma ibintu biba bibi mu Ishyaka mu gihe ibibazo bitaba bibonewe umuti mbere y’amatora.

Ivomo: RPA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − one =

Previous Post

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Next Post

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.