Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
08/04/2026
in AMAHANGA
0
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo ku mibare y’abahaburiye ubuzima, kuko iyatangajwe n’Igisirikare cy’u Burundi ishobora kuba ari micye cyane ugereranyije n’iy’ukurri.

Ni nyuma y’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi, ryabaye ku wa 31 Werurwe 2026 ryateje inkongi y’umuriro, ndetse bimwe mu bisasu bigaturikana bamwe mu baturage bari begereye ubu bubiko.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi, kiratangaza ko nubwo hashize icyumweru iri sanganya ribaye, ariko “Abayobozi b’u Burundi ntibaratangaza umubare wa nyuma w’abapfuye.”

Iki kinyamakuru kivuga ko nubwo “Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza, yavuze ko ririya turika ryaturutse ku bibazo by’amashanyarazi, akanatangaza ko hapfuye abantu 13. Ariko, amakuru menshi yigenga avuga ko hari umubare munini cyane w’abahitanywe na ririya turika, ushobora kugera kuri 80.”

Nyuma ya ririya turuka kandi, hari abantu benshi batawe muri yombi nyuma yuko hakozwe inama z’inzego z’umutekano, zirimo n’izitabiriwe n’Umukuru w’Igihugu, Évariste Ndayishimiye.

Mu bafunzwe harimo umupolisi wari ku kazi k’uburinzi mu ijoro ririya turika ryabereyemo, hakaba kandi umusirikare wo mu cyiciro cy’aba Sous Officier, ndetse n’ushinzwe ibijyanye n’ububiko bw’amasasu. Iri fatwa ryazamuye ibihuha ku gitero cy’indege zitagira abapilote, abayobozi bari baranze mbere.

Kugeza ubu kandi imiryango y’ababuriye ubuzima muri iriya mpanuka, kimwe n’abafite inzu zabo zangiritse ntibarahabwa indishyi, byongera agahinda no gutereranwa.

Brigadier General Gaspard Baratuza, mu kiganiro yagianye n’itangazamakuru nyuma ya ririya turika, yavuze ko abafite inzu zabo zangiritse, nta ndishyi bazahabwa, kuko ibyabaye ari impanuka kandi ko igisirikare na cyo ntawuzakishyura.

Yanavuze kandi ko abaturage bagiye gutura hafi ya kiriya kigo cya gisirikare ari bo bakoze amakosa, kuko ari bo baje bagisanga, mu gihe byari bibujijwe.

Bimwe mu bisasu byaturitse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

by radiotv10
06/04/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu iherutse kubona itike yo kuzakina Igikombe...

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

by radiotv10
04/04/2026
0

Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye na Madamu we Angeline Ndayishimiye Ndayubaha basanzwe ari Abakristu Gatulika, bitabiriye Inzira y’Umusaraba yo kuzirikana...

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

by radiotv10
03/04/2026
0

Perezida Ibrahim Traoré wa Burkina Faso, wafashe ubutegetsi binyuze muri coup d’etat yabaye mu 2022, yasabye abaturage kwikuramo amahame ya demokarasi, avuga ko...

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko ntacyo yasubiza ku byatangajwe na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America...

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko mu Gihugu cya Qatar kiyoboye ibiganiro by’ubuhuza buhua...

IZIHERUKA

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

08/04/2026
Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

07/04/2026
Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutumwa bw’u Bubiligi bwo kwifatanya n’u Rwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

07/04/2026
Jenoside yashoboraga gukumirwa- António Guterres yanenze amahanga yetereranye Abatutsi bakicwa arebera

Tugomba kwigira ku makosa y’ahahise- António Guterres

07/04/2026
Kwibuka32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Kwibuka32: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

07/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.