Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi kuri moto ndetse n’abazitega mu ngendo bakora, basabwe gukoresha ingofero zagenewe umutekano ziwi nka Casque zujuje ubuziranenge, hanagaragazwa inshya zashyizwe ku isoko zigiye kujya zifashishwa.

Ni mu bukangurambaga bwiswe ‘Tuwurinde’ bwatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, bwahuriweho n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano gutwara abagenzi, zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikore RURA ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore watangije ubu bukangurambaga; yavuze ko bugamije kurinda umuntu kuba yakomereka ku gice cy’umutwe mu gihe cy’impanuka.

Ubu bukangurambaga bugamije gushishikariza abantu gukoresha Casque zujuje ubuziranenge zikomeye, bwatangiranye n’itangizwa ryo gukoresha izi ngofero zabugenewe nshya, na zo zamurikiwe Abatwara abagenzi kuri moto.

Ubu bukangurambaga bubaye nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bukagaragaza ko Casque zari zisanzwe zitujuje ubuziranenge, ndetse ko zishobora guteza ibyago ku muntu uyambaye mu gihe habaye impanuka.

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ivuga ko uko izi Casque nshya zamuritswe zizagenda zigurwa, bizatuma izisanzwe zigenda zishira ku isoko, ubundi hakazakomeza gukoreshwa izi zujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Leta yiteguye gukomeza gufatanya n’abikorera baba abatumiza casque hanze, n’abacuruza moto bakazitangana na casque kugira ngo casque zujuje ubuziranenge ziboneke ku isoko ry’u Rwanda vuba kandi ku giciro kitaremereye abazikoresha.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko abamotari basanganywe Casque zisanzwe, hari gutekerezwa uburyo bazafashwa kubona izi nshya, bagasubiza izi bari basanganywe kandi nta kiguzi baciwe.

Izi casque nshya zamuritswe ziratangira gukoreshwa kuva bigitangazwa kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, ndetse hakaba harazanywe izigera muri 500, izindi zikazajyenda zizanwa mu minsi iri imbere.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yatangije ubu bukangurambaga

Ni ubukangurambaga buhuriweho n’inzego zirimo Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali
Hamuritswe Casque zujuje ubuziranenge
Izi Casque zamaze kugera ku isoko

RADIOTV10

Comments 1

  1. ISSA Butera says:
    1 year ago

    IZI NTA CASQUE ZIZIRIMO. NI TUGUFI CYANE PE. UMUYAGA NTIWAWUKIRA NI UKURI.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Papua New Guinea: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yatumbagiye igera mu bihumbi

Next Post

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.