Sunday, March 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke b’Itorero ‘Umusozi w’Ubuhungiro [SCC-Seira Community Church], ba Paruwasi ya Gisenyi iherereye mu Murenge wa Nyundo, barashinja umuyobozi waryo wanarishinze kubaryanisha, bagasaba ko rifungwa.

Ni nyuma yuko hari amatorero n’insengeo bifunzwe, bivugwaho kutuzuza ibisabwa, birimo inyubako ndetse no kuba amwe muri ayo matorero atanga inyigisho ziyobya rubanda.

Bamwe mu bayoboke b’iri Torero, bavuga ko bamaze igihe birya bakimara ngo bubake iyi nzu y’Imana, ariko ko Bishop Mutabaruka Aphrodis warishinze ari na we urikuriye, abazanamo umwiryane, bagashingira ku kuba yarabahaye umushumba ndetse bakamwishimira kubera uburyo abigisha, ariko akaba yaramwirukanye.

Umwe mu bayoboke ati “Bishop n’umushumba bapfa iki twe turi hasi tuzamenya bari kutwerekeza he? Niba aduhaye Pasiteri tukamukunda kuko atuyobora neza, amwirukaniye iki?”

Mukagatare Alphonsine na we yagize ati “Bamutuzanira kuki batumenyesheje bakatubwira ko nibajya kumujyana bazatumenyesha, kuki babikora mu kavuyo atadusezeye?”

Aba bayoboke bavuga ko akajagari kari mu Itorero ryabo, gakwiye gutuma na ryo riba rifunzwe, rikabanza rikajya ku murongo nk’uko byakorewe izindi nsengero n’Amatorero bivugwamo ibibazo.

Umuyobozi Mukuru w’iri torero rya Seira Communty Church, Bishop Mutabaruka Aphrodis yahakanye ibyo kuba muri iri torero hari ibibazo. Ati “Njye nk’umuyobozi Mukuru w’Itorero, nkubwiye ko ntakibazo gihari rwose.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyiransengiyumva Monique yavuze ko ubuyobozi bwakiriye ibibazo bivugwa muri iri torero nyuma yuko uwari Umushumba w’iyi Paruwasi ahagaritswe.

Yagize ati “Ni urufunguzo umuzamu yari afite yanga kurutanga kuko ngo atigeze ahembwa, bamusabye kurutanga rero avuga ko yabanza agahembwa gusa twabumvikanishije, ikindi abakiristu bibazaga impamvu Pasiteri wabo ngo atabasezeye, tubabwira ko naboneka azaza kubasezera.”

Nubwo bamwe mu bayoboke b’iri Torero basaba ko Leta yaba ihagaritse uru rusengero kugira ngo amakimbirane ajyanye n’imiyoborere y’iyi Paruwasi abanze akemurwe, hari n’abaturage baruturiye uru rusengero bibaza impamvu rwo rutafunzwe nyamara hari byinshi rukibura.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Bosco says:
    1 year ago

    Hhhhh nangatangaye Atari Kwa MUTABARUKA kuva cyera abo ndabazi Aho bahagiye vuba ninduru ibyabo uwo Bishop afashwa nabazungu yirirwa acuruza aba christo imfashanyo azirira hhh

    Reply

Leave a Reply to Bosco Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seven =

Previous Post

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Next Post

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

Related Posts

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

by radiotv10
28/03/2026
0

Nyuma y’uko mu mudugudu wa Gitaba wo mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano hamenyekanye amakuru ko hari umwana...

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

by radiotv10
28/03/2026
0

Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari...

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

by radiotv10
27/03/2026
0

At the beginning, everything feels exciting. The conversations are smooth, the attention is sweet, and you start imagining what this...

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku...

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

by radiotv10
27/03/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), bubagezaho ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’umutekano...

IZIHERUKA

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?
FOOTBALL

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

by radiotv10
29/03/2026
0

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

29/03/2026
Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

28/03/2026
Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

Why Everyone Is Suddenly Obsessed with Skincare

28/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

28/03/2026
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

27/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Volleyball: Kepler y’abagore yakuye mu isoni basaza babo igera ku mukino wa nyuma

Nyamasheke: Mudugudu aravugwaho kuyobya uburari ku isambanywa ry’umwana w’imyaka 16 amubwira ko kubyemera byatuma atabona umugabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.