Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke b’Itorero ‘Umusozi w’Ubuhungiro [SCC-Seira Community Church], ba Paruwasi ya Gisenyi iherereye mu Murenge wa Nyundo, barashinja umuyobozi waryo wanarishinze kubaryanisha, bagasaba ko rifungwa.

Ni nyuma yuko hari amatorero n’insengeo bifunzwe, bivugwaho kutuzuza ibisabwa, birimo inyubako ndetse no kuba amwe muri ayo matorero atanga inyigisho ziyobya rubanda.

Bamwe mu bayoboke b’iri Torero, bavuga ko bamaze igihe birya bakimara ngo bubake iyi nzu y’Imana, ariko ko Bishop Mutabaruka Aphrodis warishinze ari na we urikuriye, abazanamo umwiryane, bagashingira ku kuba yarabahaye umushumba ndetse bakamwishimira kubera uburyo abigisha, ariko akaba yaramwirukanye.

Umwe mu bayoboke ati “Bishop n’umushumba bapfa iki twe turi hasi tuzamenya bari kutwerekeza he? Niba aduhaye Pasiteri tukamukunda kuko atuyobora neza, amwirukaniye iki?”

Mukagatare Alphonsine na we yagize ati “Bamutuzanira kuki batumenyesheje bakatubwira ko nibajya kumujyana bazatumenyesha, kuki babikora mu kavuyo atadusezeye?”

Aba bayoboke bavuga ko akajagari kari mu Itorero ryabo, gakwiye gutuma na ryo riba rifunzwe, rikabanza rikajya ku murongo nk’uko byakorewe izindi nsengero n’Amatorero bivugwamo ibibazo.

Umuyobozi Mukuru w’iri torero rya Seira Communty Church, Bishop Mutabaruka Aphrodis yahakanye ibyo kuba muri iri torero hari ibibazo. Ati “Njye nk’umuyobozi Mukuru w’Itorero, nkubwiye ko ntakibazo gihari rwose.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyiransengiyumva Monique yavuze ko ubuyobozi bwakiriye ibibazo bivugwa muri iri torero nyuma yuko uwari Umushumba w’iyi Paruwasi ahagaritswe.

Yagize ati “Ni urufunguzo umuzamu yari afite yanga kurutanga kuko ngo atigeze ahembwa, bamusabye kurutanga rero avuga ko yabanza agahembwa gusa twabumvikanishije, ikindi abakiristu bibazaga impamvu Pasiteri wabo ngo atabasezeye, tubabwira ko naboneka azaza kubasezera.”

Nubwo bamwe mu bayoboke b’iri Torero basaba ko Leta yaba ihagaritse uru rusengero kugira ngo amakimbirane ajyanye n’imiyoborere y’iyi Paruwasi abanze akemurwe, hari n’abaturage baruturiye uru rusengero bibaza impamvu rwo rutafunzwe nyamara hari byinshi rukibura.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Bosco says:
    6 months ago

    Hhhhh nangatangaye Atari Kwa MUTABARUKA kuva cyera abo ndabazi Aho bahagiye vuba ninduru ibyabo uwo Bishop afashwa nabazungu yirirwa acuruza aba christo imfashanyo azirira hhh

    Reply

Leave a Reply to Bosco Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 1 =

Previous Post

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Next Post

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

Related Posts

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.