Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusaba abayobozi kubaha no kubahiriza inshingano zabo, bakirinda amakosa badahwema kugaragariza impamvu rimwe na rimwe ziba zitumvikana ku buryo hari n’abadatinya kuvuga ko “hari uwo bahuye mu gitondo akamutera umwaku.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Perezida Kagame yavuze ko mu nama nk’iyi y’Umushyikirano, hakwiye kubaho kwisuzuma yaba ku bayobozi ndetse no ku bandi, bakareba ibyo batuzuza, bagafata ingamba zo kubinoza.

Yavuze ko hakigaragara ibibazo by’imikorere itanoze, ya bamwe mu bayobozi bagiseta ibirenge, bagahora bashakisha impamvu batazuza inshingano zabo.

Ati “Kandi impamvu ntibe we, impamvu ikaba undi, agatangira kuvuga ko ari undi, ngo hari n’uwo bahuye mu gitondo akamutera umwaku, ntawuvuga ati ‘nakoze ibitari byo, ntabwo nzasubira’, kandi koko ejo ntasubire.”

Umuntu ashobora gukora amakosa, nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo amakosa yagiye yisubiramo biba ari ikindi kibazo kirimo n’izindi ndonke, nka ruswa.

Ati “Buriya bivuze ko muri bimwe utuzuza haba harimo inzira iguha icyo wita ikosa, bigasa nk’aho wakoze ikosa, nk’aho wibagiwe.”

Abahora bagwa mu bidakwiye nk’ibi, na bo baba bakwiye gufatirwa ingamba kugira ngo bidakomeza kudindiza Abanyarwanda mu rugendo baba barimo.

Yibukije ko abantu bagomba gukorana no kuzuzanya, kuko ari yo mikorere ituma abantu bagera kure, kandi buri wese akanoza ibyo akora, yaba mu nzego za Leta cyangwa mu z’abikorera.

Kandi nanone abahabwa serivisi, na bo bakemera kunenga igihe bahawe izitanoze, kugira ngo zikosorwe.

Ati “Ntabwo ari wa wundi wabiguhaye gusa ufite ikibazo, na we uragifite, wowe uhabwa ibidakwiye ukabyishyurira, hagomba kuba hari ikibazo.”

Kandi imikorere inoze ntawe yananira, kuko bisaba kubyiyumvamo gusa, n’umutima ubishaka, ubundi abantu bakabishyira mu bikorwa.

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko iyi mikorere inoze ari na yo izakurura abanyamahanga, bakazana bwa bukungu u Rwanda rukeneye.

Ati “None se ubwo abantu bazakugana bakuziho utuntu tudasobanutse, Isi isigaye ari nini, abantu bajya ahandi bakaba ari ho babikura wowe bakakwihorera.”

Perezida Kagame ukunze kugaragaza ko gutanga serivisi zinoze yaba mu nzego za Leta n’iz’abikorera, bikwiye kuba ku isonga, yavuze ko gukora neza bikwiye kuranga abantu bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi

Next Post

Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.