Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusaba abayobozi kubaha no kubahiriza inshingano zabo, bakirinda amakosa badahwema kugaragariza impamvu rimwe na rimwe ziba zitumvikana ku buryo hari n’abadatinya kuvuga ko “hari uwo bahuye mu gitondo akamutera umwaku.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Perezida Kagame yavuze ko mu nama nk’iyi y’Umushyikirano, hakwiye kubaho kwisuzuma yaba ku bayobozi ndetse no ku bandi, bakareba ibyo batuzuza, bagafata ingamba zo kubinoza.

Yavuze ko hakigaragara ibibazo by’imikorere itanoze, ya bamwe mu bayobozi bagiseta ibirenge, bagahora bashakisha impamvu batazuza inshingano zabo.

Ati “Kandi impamvu ntibe we, impamvu ikaba undi, agatangira kuvuga ko ari undi, ngo hari n’uwo bahuye mu gitondo akamutera umwaku, ntawuvuga ati ‘nakoze ibitari byo, ntabwo nzasubira’, kandi koko ejo ntasubire.”

Umuntu ashobora gukora amakosa, nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo amakosa yagiye yisubiramo biba ari ikindi kibazo kirimo n’izindi ndonke, nka ruswa.

Ati “Buriya bivuze ko muri bimwe utuzuza haba harimo inzira iguha icyo wita ikosa, bigasa nk’aho wakoze ikosa, nk’aho wibagiwe.”

Abahora bagwa mu bidakwiye nk’ibi, na bo baba bakwiye gufatirwa ingamba kugira ngo bidakomeza kudindiza Abanyarwanda mu rugendo baba barimo.

Yibukije ko abantu bagomba gukorana no kuzuzanya, kuko ari yo mikorere ituma abantu bagera kure, kandi buri wese akanoza ibyo akora, yaba mu nzego za Leta cyangwa mu z’abikorera.

Kandi nanone abahabwa serivisi, na bo bakemera kunenga igihe bahawe izitanoze, kugira ngo zikosorwe.

Ati “Ntabwo ari wa wundi wabiguhaye gusa ufite ikibazo, na we uragifite, wowe uhabwa ibidakwiye ukabyishyurira, hagomba kuba hari ikibazo.”

Kandi imikorere inoze ntawe yananira, kuko bisaba kubyiyumvamo gusa, n’umutima ubishaka, ubundi abantu bakabishyira mu bikorwa.

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko iyi mikorere inoze ari na yo izakurura abanyamahanga, bakazana bwa bukungu u Rwanda rukeneye.

Ati “None se ubwo abantu bazakugana bakuziho utuntu tudasobanutse, Isi isigaye ari nini, abantu bajya ahandi bakaba ari ho babikura wowe bakakwihorera.”

Perezida Kagame ukunze kugaragaza ko gutanga serivisi zinoze yaba mu nzego za Leta n’iz’abikorera, bikwiye kuba ku isonga, yavuze ko gukora neza bikwiye kuranga abantu bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 5 =

Previous Post

Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi

Next Post

Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.