Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari n’uvuga ko uwo bahuye yamuteye umwaku- P.Kagame yagaragaje impamvu z’urwitwazo z’abica inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gusaba abayobozi kubaha no kubahiriza inshingano zabo, bakirinda amakosa badahwema kugaragariza impamvu rimwe na rimwe ziba zitumvikana ku buryo hari n’abadatinya kuvuga ko “hari uwo bahuye mu gitondo akamutera umwaku.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024 ubwo yatangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Perezida Kagame yavuze ko mu nama nk’iyi y’Umushyikirano, hakwiye kubaho kwisuzuma yaba ku bayobozi ndetse no ku bandi, bakareba ibyo batuzuza, bagafata ingamba zo kubinoza.

Yavuze ko hakigaragara ibibazo by’imikorere itanoze, ya bamwe mu bayobozi bagiseta ibirenge, bagahora bashakisha impamvu batazuza inshingano zabo.

Ati “Kandi impamvu ntibe we, impamvu ikaba undi, agatangira kuvuga ko ari undi, ngo hari n’uwo bahuye mu gitondo akamutera umwaku, ntawuvuga ati ‘nakoze ibitari byo, ntabwo nzasubira’, kandi koko ejo ntasubire.”

Umuntu ashobora gukora amakosa, nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo amakosa yagiye yisubiramo biba ari ikindi kibazo kirimo n’izindi ndonke, nka ruswa.

Ati “Buriya bivuze ko muri bimwe utuzuza haba harimo inzira iguha icyo wita ikosa, bigasa nk’aho wakoze ikosa, nk’aho wibagiwe.”

Abahora bagwa mu bidakwiye nk’ibi, na bo baba bakwiye gufatirwa ingamba kugira ngo bidakomeza kudindiza Abanyarwanda mu rugendo baba barimo.

Yibukije ko abantu bagomba gukorana no kuzuzanya, kuko ari yo mikorere ituma abantu bagera kure, kandi buri wese akanoza ibyo akora, yaba mu nzego za Leta cyangwa mu z’abikorera.

Kandi nanone abahabwa serivisi, na bo bakemera kunenga igihe bahawe izitanoze, kugira ngo zikosorwe.

Ati “Ntabwo ari wa wundi wabiguhaye gusa ufite ikibazo, na we uragifite, wowe uhabwa ibidakwiye ukabyishyurira, hagomba kuba hari ikibazo.”

Kandi imikorere inoze ntawe yananira, kuko bisaba kubyiyumvamo gusa, n’umutima ubishaka, ubundi abantu bakabishyira mu bikorwa.

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko iyi mikorere inoze ari na yo izakurura abanyamahanga, bakazana bwa bukungu u Rwanda rukeneye.

Ati “None se ubwo abantu bazakugana bakuziho utuntu tudasobanutse, Isi isigaye ari nini, abantu bajya ahandi bakaba ari ho babikura wowe bakakwihorera.”

Perezida Kagame ukunze kugaragaza ko gutanga serivisi zinoze yaba mu nzego za Leta n’iz’abikorera, bikwiye kuba ku isonga, yavuze ko gukora neza bikwiye kuranga abantu bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 11 =

Previous Post

Rubavu: Ibyo bakunze gusabwa gucikaho baracyabikora ariko nabo ngo ni amaburakindi

Next Post

Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Umupasiteri wagaragaweho ibyavugishije benshi hamenyekanye icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.