Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Icukumbura ryakozwe ku iyicwa rya Ismail Haniyeh wari Umuyobozi w’umutwe wa Hamas wiciwe muri Iran, ryagaragaje ko igisasu cyamuhitanye we n’umurinzi we, cyari kimaze amezi abiri giteze mu cyumba yacumbitsemo.

Iyi nyubako y’i Tehran muri Iran, yari yacumbitsemo Ismail Haniyeh ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida wa Iran, yari iri ahantu hasanzwe harinzwe.

Icukumbura ryakozwe n’ikinyamakuru The New York Times, ryagaragaje ko icyo gisasu ari ikigenzurwa n’umuntu wibereye ikantarange, agashobora kuba yagituritsa igihe ashakiye.

Iki gitangazamakuru kivuga ko iki gisasu cyatezwe mu cyumba byari bizwi ko kizararamo uyu wari Umuyobozi wa Hamas, Ismail Haniyeh.

The New York Times ivuga ko raporo y’abayobozi barimo uwo muri America umwe, ndetse na barindwi bo mu burasirazuba bwo hagati barimo babiri bo mu itsinda ry’ingabo za Iran, yemeje aya makuru, ndetse ikemeza ko iki gikorwa cyateguwe na Israel.

Kugeza ubu Igihugu cya Israel ntikiremera cyangwa ngo gihakane niba ari cyo kivuganye uyu wari Umuyobozi w’Umutwe wa Hamas.

Icukumbura kuri iki gisasu, rihakana ibyavugwaga ko ari icyarashwe n’indege, kuko iturika ryacyo ryangije icyumba cyari kirimo uyu wari ukuriye Hamas mu bya politiki ndetse ko hangiritse igice gito kuri iyi nyubako.

Kinavuga ko ikindi kibigaragaza ari ukuba iri turika ritarageze ku cyumba cyegeranye n’icyo Ismail Haniyeh yari arimo, cyo cyari kirimo umuyobozi w’umutwe w’Abanya-Palestine wa Islamic Jihad, Ziad Nakhaleh.

Nk’uko iki kinyamakuru kibivuga, nyuma y’iri cukumbura, cyemeza ko “wari umugambi wateguranywe ubuhanga buhanitse” wo kwivugana Haniyeh.

Abayobozi ba Iran bavuga ko batazi uko icyo kibombe cyaba cyageze rwihishwa mu cyumba cya Haniyeh, nubwo bemeza ko cyahashyizwe mu mezi abiri ashize.

Abayobozi batanu bo muri aka gace ka Middle East bavuze ko “Abyobozi b’ubutasi bwa Israel bari bamenyesheje Leta Zunze Ubumwe za America na Guverinoma z’ab’Iburengerazuba bw’Isi, amakuru arambuye kuri uyu mugambi.”

Nanone iyi raporo, ivuga ko bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru za Leta Zunze Ubuumwe za America, bamaze kugera ku isesenguramakuru ryemeza ko Israel ari yo yateguye uyu mugambi wo kwivugana Ismail Haniyeh.

Ismail Haniyeh yiciwe muri operasiyo yateguranywe ubuhanga
Icyumba yari yacumbitsemo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

Next Post

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.