Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in Uncategorized
0
Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Musonera Germain washakaga kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ubu ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, nyuma yo kujurira icyemezo yafatiwe mbere.

Nk’uko amakuru dukesha Ikinyamakuru Umuseke abivuga, iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, rwashimangiye icyari cyafashwe n’urw’Ibanze rwa Kiyumba, rwemeje ko Musonera afungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho.

Uyu wari ku rutonde rw’abahataniraga kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, aregwa ibyaha bya Jenoside byakorewe mu yahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumva mu Karere ka Muhanga.

Ashinjwa ibirimo urupfu rwa Kayihura Jean Marie Vianney wishwe n’igitero cyabanje kumuzana mu kabari ke, akaza kwicirwa kuri Paruwasi ya Kanyanza.

Musonera we ahakana ibyaha ashinjwa, ndetse akaba yaraburanye asaba gukurikiranwa ari hanze, mu gihe Ubushinjacyaha bwagaragaje ko gukurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe bwo kuba atabangamira iperereza.

Ubushinjacyaha kandi bugaragaza ko hari amakuru butegereje kuzahabwa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yavuye mu Nkiko Gacaca, ndetse ko hari ubuhamya bw’abatangabuhamya buri gukusanywa.

Nyuma yuko Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba rufashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Musonera, uregwa yari yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, na rwo rwemeza ko akomeza gufungwa iminsi 30, ariko kuko iminsi yendaga kurangire, byemezwa ko kuyongera biburanishwa n’Urukiko ruri mu ifasi y’aho uregwa afungiye.

Mu rubanza rw’ubujurire, Musonera we yavugaga ko nta perereza ateganya kubangamira, kandi ko adashobora gutoroka Ubutabera.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, rwemeje ko icyemezo cy’urw’Ibanze rwa Kiyumba gifite ishingiro, ku bw’impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha zigize impamvu zikomeye, rwemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 10 =

Previous Post

Hemejwe iyicwa ry’abakomando babiri ba ADF bivuganywe muri operasiyo y’Igisirikare cya Uganda n’icya Congo

Next Post

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.