Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in Uncategorized
0
Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Musonera Germain washakaga kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ubu ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, nyuma yo kujurira icyemezo yafatiwe mbere.

Nk’uko amakuru dukesha Ikinyamakuru Umuseke abivuga, iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, rwashimangiye icyari cyafashwe n’urw’Ibanze rwa Kiyumba, rwemeje ko Musonera afungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho.

Uyu wari ku rutonde rw’abahataniraga kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, aregwa ibyaha bya Jenoside byakorewe mu yahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumva mu Karere ka Muhanga.

Ashinjwa ibirimo urupfu rwa Kayihura Jean Marie Vianney wishwe n’igitero cyabanje kumuzana mu kabari ke, akaza kwicirwa kuri Paruwasi ya Kanyanza.

Musonera we ahakana ibyaha ashinjwa, ndetse akaba yaraburanye asaba gukurikiranwa ari hanze, mu gihe Ubushinjacyaha bwagaragaje ko gukurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe bwo kuba atabangamira iperereza.

Ubushinjacyaha kandi bugaragaza ko hari amakuru butegereje kuzahabwa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yavuye mu Nkiko Gacaca, ndetse ko hari ubuhamya bw’abatangabuhamya buri gukusanywa.

Nyuma yuko Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba rufashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Musonera, uregwa yari yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, na rwo rwemeza ko akomeza gufungwa iminsi 30, ariko kuko iminsi yendaga kurangire, byemezwa ko kuyongera biburanishwa n’Urukiko ruri mu ifasi y’aho uregwa afungiye.

Mu rubanza rw’ubujurire, Musonera we yavugaga ko nta perereza ateganya kubangamira, kandi ko adashobora gutoroka Ubutabera.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, rwemeje ko icyemezo cy’urw’Ibanze rwa Kiyumba gifite ishingiro, ku bw’impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha zigize impamvu zikomeye, rwemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eleven =

Previous Post

Hemejwe iyicwa ry’abakomando babiri ba ADF bivuganywe muri operasiyo y’Igisirikare cya Uganda n’icya Congo

Next Post

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.