Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Angola, gisanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko umwanzuro wo kuhariza agahenge ko guhagarika imirwano, ugomba gutangira kubahirizwa tariki 18 Gashyantare 2026.

Angola inasigaranye iminsi micye ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yabitangaje mu itangazo yashyize hanze risaba Ihuriro AFC/M23 guhagarika imirwano.

Ni nyuma yuko ku wa Mbere Abakuru b’Ibihugu bya DRC, Angola, Togo (umuhuza washyizweho na AU), na Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria, bahuriye i Luanda, bakemeranya ko basaba ko habaho guhagarika imirwano muri DRC.

Nubwo itariki yo gushyira mu bikorwa uyu mwanzuro itahise itangazwa, Angola yahise itangaza ko kuva wa Gatatu tariki 18 Gashyantare 2026, saa sita z’amanywa, ari bwo uzatangira kubahirizwa

Ariko iki ni icyifuzo cyakunze gutangwa na Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço kuva mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, kikaba cyongeye gushimangirwa nk’icyagira uruhare runini mu gukemura ibibazo byo muria Kongo.

Kugeza ubu impande zombi (Guverinoma ya DRC na AFC/M23) ntiziremeza iyi tariki, mu gihe hagitegerejwe amatangazo aturutse i Kinshasa n’irya AFC/M23, aho bivugwa ko atangwa mu gihe cya vuba.

Kuri uyu wa Kane kandi, Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo wa MONUSCO, yageze i Goma, gutegura itangizwa ryo kugenzura no gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge kemejwe n’Inteko y’Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi.

Vivian van de Perre ubwo yageraga i Goma n’indege yabaye iya mbere iguye ku Kivuga Mpuzamahanga cya Goma, yavuze ko iyi ari intambwe ishimishije, kuba iki Kibuga cyongeye gukoreshwa kuva AFC/M23 yafata uriya Mujyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 13 =

Previous Post

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Next Post

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.