Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku butumwa bw’uwatinyutse Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda akarwiyitirira mu buriganya

radiotv10by radiotv10
20/08/2024
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku butumwa bw’uwatinyutse Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda akarwiyitirira mu buriganya
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamaganye ubutumwa bwitiriwe uru Rwego na Sosiyete ya MTN, bw’abashatse gutekera abantu imitwe ngo babarye amafaranga, rusaba abantu kutabuha agaciro, ndetse rwizeza ko rwatangiye gushakisha ababuri inyuma.

Ni ubutumwa bigaragara ko bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook bwanyujijwe mu bizwi nka Group na yo y’uwiyitiriye imwe mu maradiyo yo mu Rwanda.

Ubu butumwa butangira buvuga ko ari “Itangazo riturutse ku cyigo gikuru cy’Ubugenzacyaha RIB na MTN, riramenyesha buri Munyarwanda wese uzafatwa akoresha Sim Card zitamubaruyeho ko azahanwa n’inzego z’Ubugenzacyaha.”

Ubu butumwa bukomeza bugaragaramo ubutekamutwe, bukomeza bwerekana inzira y’ikinyoma ngo y’uburyo abantu bakoresha basuzuma Sim Card zibabaruyeho, ariko uwabwabwanditse akagaragaza inzira za MoMo Pay ku buryo abantu babukoresheje bakatwa ibihumbi 100 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kanama 2024, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwasohoye itangazo ryamagana ubu butumwa rwitiriwe, aho rwagize ruti “RIB irabamenyesha ko ubu butumwa burimo kuzenguruka atari bwo, ko ari amakuru mpimbano kandi ko ababusohoye barimo gushakishwa ngo bahanwe nk’uko amategeko abiteganya.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwaboneyeho kwibutsa abantu ko “igihe babonye ubutumwa bubasaba gukoresha umubare w’ibanga haba harimo ubutekamutwe, ko uwajya abibona yajya abimenyeshya MTN, TIGO, na RIB binyuze ku murongo wayo utishyurwa 166.”

Ubu butumwa buje mu gihe kandi abantu bamaze iminsi bagaragaza ubutekamutwe bw’abantu boherereza abandi ubutumwa babasaba kuboherereza amafaranga, bisa nk’aho bari bayaziranyeho, ku buryo iyi umuntu adashishoje ashobora guhita ayohereza, nyamara ari ubutekamutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Menya agashya gateganyijwe mu bihembo byazanye umwihariko mu myidagaduro nyarwanda

Next Post

U Burundi bwatangaje amakuru y’uko icyorezo gihangayikishije Isi cyifashe muri iki Gihugu

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burundi bwatangaje amakuru y’uko icyorezo gihangayikishije Isi cyifashe muri iki Gihugu

U Burundi bwatangaje amakuru y’uko icyorezo gihangayikishije Isi cyifashe muri iki Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.