Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyeti Sivile yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iratabariza Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bamaze igihe mu magereza bataburanishwa ngo niba hari n’ibyo bashinjwa babiburaneho, ahamaze kumenyekana abarenga 600.

Abahagarariye Sosiyete sivile zikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baravuga ko bafite imibare y’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bafungiye mu magereza atandukanye muri iki Gihugu bakaba bamaze igihe kinini bataragezwe imbere y’ubutabera.

Ruvuzangoma Rubibi Saint Cadet, uyobora Sosiyete Sivile mu Minembwe;  avuga ko abo Banyekongo bagiye bafatirwa mu bice bitandukanye by’iki Gihugu bakajyanwa i Kinshasa gufungirwayo.

Ati “Hari abo nibonye bafunzwe mpari, dufite imiryango mu burasirazuba bwa Congo iyo bafunze umuntu ako bahita batumenyesha ariko abo batwaye ni benshi turi kumwe mu Minembwe barimo n’abagore bari i Kinshasa. Ibyo ni ibintu bizwi ko babaziza kuba ari ibyitso bya M23.”

Nyuma yuko Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bari bamaze kubona bagenzi babo bakomeje gufungwa ntibanagezwe imbere y’ubutabera, bakoze ubushakashatsi mu magereza atandukanye y’i Kinshasa basanga ho honyine hafungiyemo abarenga 600.

Aba bagiye bagerageza gusaba Leta ya Congo Kinshasa kuburanisha aba Banyekongo bavuga Ikinyarwanda ariko nta gisubizo babonye.

Umwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda utashatse ko amazina ye atangazwa, akaba ari umwe mu bagize Umuryango w’Abambasaderi b’Amahoro muri Kivu y’Epfo, avuga ko umuryango mpuzamahanga ukwiye guhagurukira iki kibazo.

Yagize ati “Turasaba Ibihugu byo mu Muryango w’Abibumbye ko byahagurukira iki kibazo, bakibutsa Congo ko uburenganzira bw’ikiremwamuntu bugomba kubahirizwa. Ubwicanyi burimo kuba bukorerwa Abanyamulenge amahanga arebera, turasaba imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu gushyira igitutu kuri Leta ya Congo kurenganura Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bafunzwe bazira uko baremwe.”

Mu bihe byashize Leta ya Kinshasa yafashe umwanzuro wo gufungura zimwe mu mfungwa zari zifungiye muri gereza ya Makala iherere i Kinshasa kubera ubucucike bukabije bwari buyirimo, bagaragayemo na bacye mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda barimo Dr Lazare Sebitereko, umwe mu bazwi muri Sosiyete y’Abanyamulenge muri DR Congo, bavugwa ko yari afunzwe binyuranyije n’amategeko n’inzego z’ubutasi za Leta.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Imibare mishya y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Related Posts

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u...

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
23/05/2025
0

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo...

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye...

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo...

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

by radiotv10
21/05/2025
0

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe,...

IZIHERUKA

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

by radiotv10
24/05/2025
0

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

23/05/2025
Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z'ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.