Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hazamuwe amajwi atabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bamaze igihe bafunzwe by’urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyeti Sivile yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iratabariza Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bamaze igihe mu magereza bataburanishwa ngo niba hari n’ibyo bashinjwa babiburaneho, ahamaze kumenyekana abarenga 600.

Abahagarariye Sosiyete sivile zikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baravuga ko bafite imibare y’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bafungiye mu magereza atandukanye muri iki Gihugu bakaba bamaze igihe kinini bataragezwe imbere y’ubutabera.

Ruvuzangoma Rubibi Saint Cadet, uyobora Sosiyete Sivile mu Minembwe;  avuga ko abo Banyekongo bagiye bafatirwa mu bice bitandukanye by’iki Gihugu bakajyanwa i Kinshasa gufungirwayo.

Ati “Hari abo nibonye bafunzwe mpari, dufite imiryango mu burasirazuba bwa Congo iyo bafunze umuntu ako bahita batumenyesha ariko abo batwaye ni benshi turi kumwe mu Minembwe barimo n’abagore bari i Kinshasa. Ibyo ni ibintu bizwi ko babaziza kuba ari ibyitso bya M23.”

Nyuma yuko Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bari bamaze kubona bagenzi babo bakomeje gufungwa ntibanagezwe imbere y’ubutabera, bakoze ubushakashatsi mu magereza atandukanye y’i Kinshasa basanga ho honyine hafungiyemo abarenga 600.

Aba bagiye bagerageza gusaba Leta ya Congo Kinshasa kuburanisha aba Banyekongo bavuga Ikinyarwanda ariko nta gisubizo babonye.

Umwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda utashatse ko amazina ye atangazwa, akaba ari umwe mu bagize Umuryango w’Abambasaderi b’Amahoro muri Kivu y’Epfo, avuga ko umuryango mpuzamahanga ukwiye guhagurukira iki kibazo.

Yagize ati “Turasaba Ibihugu byo mu Muryango w’Abibumbye ko byahagurukira iki kibazo, bakibutsa Congo ko uburenganzira bw’ikiremwamuntu bugomba kubahirizwa. Ubwicanyi burimo kuba bukorerwa Abanyamulenge amahanga arebera, turasaba imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu gushyira igitutu kuri Leta ya Congo kurenganura Abakongomani bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bafunzwe bazira uko baremwe.”

Mu bihe byashize Leta ya Kinshasa yafashe umwanzuro wo gufungura zimwe mu mfungwa zari zifungiye muri gereza ya Makala iherere i Kinshasa kubera ubucucike bukabije bwari buyirimo, bagaragayemo na bacye mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda barimo Dr Lazare Sebitereko, umwe mu bazwi muri Sosiyete y’Abanyamulenge muri DR Congo, bavugwa ko yari afunzwe binyuranyije n’amategeko n’inzego z’ubutasi za Leta.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Imibare mishya y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Bagaragaje ingaruka z’ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Nyanza: Bagaragaje ingaruka z'ibibabaho ziterwa no kuba bafatwa n’Abapolisi batambaye impuzankano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.