Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in MU RWANDA
0
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye mu bisindisha kuko banywa inzoga zitagira ingabo ubundi zikabashora mu bikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage.

Iki kibazo kivugwa cyane mu Isantere bise iya Kigali no mu kandi gace kiswe Ruhengeri, hose haherereye mu Mudugudu wa Kiroli mu Kagari ka Murara mu Murenge wa Rubavu.

Abatuye muri iyi santere, bavuga ko aba bana b’abakobwa bananiye ababyeyi babo ubundi bakishora mu businzi, aho banywa inzoga y’urwagwa, ubundi bamara gusinda bagakora ibidakorwa.

Imaniranzi Coco yagize ati “Bigize indaya. A bakobwa bafite imyaka mike kuva kuri cumi n’ibiri (12) bakabaye bari mu mashuri ariko bakarara bagenda, bakanywa inzoga bagasinda bagateza umutekano mucye mu buryo bukomeye.”

Ngizwenimana Jean Claude usanzwe ari Inshuti y’Umuryango yo mu Mudugudu wa Kiroji, avuga ko nk’abakorera uru rwego rusanzwe ruhwitura abantu, ntako batagize ngo bagire inama aba bana, ariko ko byananiranye.

Yagize ati “Ni Leta yakigiramo imbaraga, twe twaravuze twarananiwe kuko twabitangiye raporo ku Kagari no ku Murenge barabizi no ku Karere.”

Umukecuru ufite umwuzukuru we arera wishoye muri izi ngeso, atunga agatoki abagore bakuze, kuba ari bo bashora aba bana b’abakobwa kubashora muri ibi bidakwiye.

Ati “Bashukwa n’abagore bakuru bakaboshya ngo bari kubakorera kumbe bari kubacuruza. Njyewe narumiwe bafata abana b’abakobwa ngo muze tubereke nyashi, uwanjye bamaze kumugira ikirara, yarigaga ava mu ishuri, ubu rero nta karimo yakora ni ukuza saa sita z’ijoro ngo kingura n’amadirishya akayamena.”

Bamwe mu bagore bashyirwa mu majwi ko bafatanya n’aba bana izi ngeso z’uburaya, bo barabihakana bakagaragaza ko ahubwo na bo batazi aho abo bana bangirikiye.

Umwe yagize ati “Natwe tukagendera muri iyo kipe ngo turi indaya kandi tutari zo kubera ko duhuriye mu kabari n’abo bana ba ‘Sunika Simbabara’ kandi ari nk’uku nacuruje nkunguka nk’igihumbi nkaba ndi gusoma agacupa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Emmanuel Blaise buhakana iki kibazo, akavuga ko hari abakobwa bakuru bigeze kuza muri ako gace gucuruza mu tubari ariko ko nabo ubuyobozi bwabirukanye.

Ati “Cyokora hari abakobwa bigeze kuza baje gucuruza mu tubari hashize igihe kinini kandi bari indaya z’abakobwa bakuru, ariko tubona utwo tubari ni imyanda turabirukana.”

Gusa yemereye umunyamakuru ko Ubuyobozi bugiye kongera gukora ubugenzuzi kuri iki kibazo kugira ngo burebe niba hari abashobora gutana bakajya muri izo ngeso, bityo bafashwe gusubira ku murongo muzima.

Ngo baba banyoye urwagwa rukabasindisha
Bamwe muri bo baravugwaho ingeso mbi
Bakanateza umutekano mucye mu rusisiro

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Next Post

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru 'Fatakumavuta'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.