Thursday, April 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo yakoze yabitewe n’umujinya, akizeza ko naramuka afunguwe azitwara neza akabera abandi urugero.

Uyu munyamakuru yatawe muri yombi hirya y’ejo hashize, tariki 31 Werurwe 2026 nyuma yuko agaragaje ibyo yitaga akarengane ko gusenyerwa inzu yariho yubaka nk’ishuri.

DC Clement wavugaga ko inzu yasenywe nyamara yarubatswe ifitiwe ibyangombwa byo kubaka, yanyomojwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bubinyujije mu Muvugizi wawo, Emma Claudine, wavuze ko ibyasabiwe ibyangombwa bihabanye n’ibyakozwe.

Nyuma yaje gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwatangaje ko akurikiranyweho icyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi n’icyo kurwanya ububasha bw’amategeko, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo.

Hagiye hanze ibaruwa ifunguwe yanditswe na DC Clement, asaba imbabazi ku myitwarire yamuranze, yanavuyemo gutuma afungwa.

Yagize ati “Banyarwanda, Banyarwandakazi mbandikiye nshaka kubamenyesha ko nciye bugufi nsaba imbabazi ku bw’inyandiko, amashusho, amajwi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, mu by’ukuri twakoze ibinyuranyije n’amategeko maze tugasenyerwa inzu, byaje kuvamo kugira umujinya utari ngombwa nkakora ibyaha.”

Muri biriya byaha aregwa, harimo igishingiwe ku kuba yarangije imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Jabana ubwo hakorwaga kiriya gikorwa cyo gusenya inzu.

Uyu munyamakuru wumvikana nk’uwivuza ku byo yakoze, avuga ibyabaye bitazongera ukundi. Ati “Rero nsabye imbabazi ntakamba ko ibyabaye ari ubwa mbere n’ubwa nyuma byari bibaye. Aho ndi meze neza, ibyo nemererwa n’amategeko ndabihabwa kandi niteguye ko ningaruka nzaba urugero rwiza.”

Muri iyi baruwa kandi, DC Clement anasaba imbabazi Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ati “Nsoza nagira ngo mbikuye ku mutima nsabe imbabazi Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ko ahora atugira inama nk’urubyiruko zo kwiteza imbere hanyuma njyewe nkaba naramutengushye ndetse musezeranya ko bitazongera.”

DC Clement uzwi mu biganiro kuri YouTube Channel no kuri bitangazamakuru binyuranye, agaragaje guca bugufi nyuma yuko hanagiye hanze icyangombwa yari yatse cyerekana ko yari yasabye cyo gusana inkuta ariko we akubaka bundi bushya.

Umunyamakuru DC Clement
Yanditse ibaruwa asaba imbabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Related Posts

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
01/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

Icyo BadRama wiyemeje kuvuga nabi u Rwanda yatangaje nyuma yo gukumirwa mu gitaramo cyarimo Abanyarwanda

by radiotv10
30/03/2026
0

Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama wamenyekanye mu gufasha abahanzi, uherutse kwerura ko yamaze kuyoboka inzira yo gusebya u Rwanda...

IZIHERUKA

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa
IBYAMAMARE

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
02/04/2026
0

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

01/04/2026
Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

01/04/2026
Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

01/04/2026
Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

01/04/2026
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

01/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.