Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Kenya yatanze ibisobanuro ku itegeko rya Perezida William Ruto aherutse kwemeza, rigena Uhagarariye Igihugu cye (Consul-General) i Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yuko Kinshasa igaragaje impungenge kuri iryo tegeko.

Ku wa 15 Kanama 2025, ni bwo Perezida Ruto yatangaje isimbuzwa n’iyoherezwa ry’abahagarariye Igihugu cye mu mahanga, barimo ba Ambasaderi, ba High Commissioners, ba Consul General ndetse n’abungirije mu buyobozi bw’imirimo ya dipolomasi mu Bihugu 20, harimo na Goma.

Muri abo bari bashyizwe ku rutonde, harimo Judy Kiaria Nkumiri, wagennwe guhagararira Kenya i Goma, umujyi uri mu maboko y’Ihuriro AFC/M23 kuva muri Mutarama 2025.

Umunsi wakurikiyeho, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ku mugaragaro ko itishimiye icyo cyemezo, yerekana ko cyakozwe hatabanje kubaho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi.

Mu itangazo ryasohowe na Musalia Mudavadi Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Kenya ku wa Mbere, yagize ati “kuba Perezida yashyize abantu mu myanya, ntibivuze ko bahita batangira inshingano, ahubwo bisaba ko Inteko Ishinga Amategeko ibanza kubyemeza, hanyuma Kenya igasaba uburenganzira bwa Leta ya Congo, mbere yuko uhagarariye inyungu za Kenya i Goma atangira imirimo ye ku mugaragaro.”

Mudavadi yongeyeho ko yamaze kuganira na mugenzi we wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, kugira ngo asobanure neza imiterere y’icyo cyemezo.

Kenya yagaragaje ko kwimura abahagarariye inyungu z’Igihugu ari inzira yo kunoza serivisi no gushyigikira gahunda ya BETA (Bottom-up Economic Transformation Agenda), aho kuba igikorwa cya politiki yo kwivanga mu bibazo byo mu karere, nkuko bikubiye mu itangazo rya Guverinoma ya Kenya rigira riti “Ntibigamije kubangamira gahunda z’amahoro zihuriwemo n’Ibihugu bya EAC-SADC-AU cyangwa kwivanga mu busugire bwa RDC.”

Ibisobanuro bya Kenya bije mu gihe mu burasirazuba bwa Congo umwuka w’umutekano ukomeje kuba mubi, aho imijyi ya Goma na Bukavu iri mu maboko y’inyeshyamba za M23.

Kenya na RDC bisanzwe bifitanye umubano wa dipolomasi kuva mu 1963. Ambasade ya Kenya i Kinshasa yafunguwe mu 1968, mu gihe RDC na yo yafunguye ibiro byayo muri Nairobi mu gihe kimwe.

Mu myaka ya vuba, DRC yafunguye Consulat i Mombasa muri Nzeri 2023, naho Kenya ishinga Consulat yayo i Goma muri Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Next Post

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.