Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteganyijwe mu ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame agiye kugirira muri Latvia

radiotv10by radiotv10
30/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiteganyijwe mu ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame agiye kugirira muri Latvia
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agiye kugirira uruzinduko rwa mbere mu Gihugu cya Latvia, rw’iminsi itatu, ruteganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo gufungura ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi muri iki Gihugu.

Uru ruzinduko rwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Latvia, mu butumwa bwatambutse ku rubuga rwabyo, ruzaba guhera ejo ku ya 01 kugeza ku ya 03 Ukwakira 2024.

Uru ruzinduko kandi rwanemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024,

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko “uru ruzinduko ari rwo rwa mbere rwa Perezida w’u Rwanda azaba agiriye mu Bihugu bikora ku nyanja ya Baltic, akaba ari na rwo rwa mbere rw’Umukuru w’Igihugu cyo muri Afurika azaba agiriye muri Latvia.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yakomeje agira ati “Muri uru ruzinduko, Urwibutso rwo guha icyubahiro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruzafungurwa ku mugaragaro ku Isomero ry’Igihugu rya Latvia.”

Nduhungirehe kandi avuga ko uru Rwibutso ruzafungurwa muri Latvia, ruzaba ari na rwo rwa mbere rufunguwe mu Bihugu bya Baltic (Estonia, Latvia, na Lithuania) no Mu burasirazuba bw’u Burayi.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame azanahura na mugenzi we wa Latvia, Edgaru Rinkēviču bagirane ibiganiro ku mubano n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Latvia, byatangaje uko gahunda y’umunsi wa kabiri w’uru ruzinduko tariki 02 Ukwakira, iteye, aho mu masaha ya mbere ya saa sita, Perezida Kagame azakirwa na mugenzi we mu Biro, ubundi anabonereho gutanga ubutumwa mu gitabo cy’abashyitsi.

Mu masaha ya mbere ya saa sita, kandi intumwa z’u Rwanda z’abayobozi bazaba bajyanye na Perezida Kagame, zizagirana ibiganiro na bagenzi babo bo mu nzego nkuru za Latvia.

Nyuma y’ibi biganiro hazakurikiraho ikiganiro n’Itangazamakuru cy’Abakuru b’Ibihugu, Perezida Kagame na Edgar.

Hazakurikiraho igikorwa cyo gushyira indabo ku kimenyetso cy’abaharaniye ubwigenge muri iki Gihugu cya Latvia.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, azabonana na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Latvia, Daigu Mieriņu.

Nanone mu masaha y’umugoroba kuri uwo munsi, Perezida Kagame azanabonana na Minisitiri w’Intebe wa Latvia, Eviku Siliņu, n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bya Minisitiri w’intebe, Brīvības bulvāris.

Kuri uwo munsi, saa kumi na cumi n’itanu (16:15’), Perezida Kagame na mugenzi we Edgara Rinkēviča, ni bwo bazafungura ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 ku Isomero rikuru ry’Igihugu muri Latvia.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + five =

Previous Post

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Next Post

Kigeze kugaragara muri Tanzania: Iby’ingenzi wamenya ku cyorezo Marburg kimaze guhitana Abaturarwanda 8

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Kigeze kugaragara muri Tanzania: Iby’ingenzi wamenya ku cyorezo Marburg kimaze guhitana Abaturarwanda 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.