Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteganyijwe mu ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame agiye kugirira muri Latvia

radiotv10by radiotv10
30/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiteganyijwe mu ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame agiye kugirira muri Latvia
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agiye kugirira uruzinduko rwa mbere mu Gihugu cya Latvia, rw’iminsi itatu, ruteganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo gufungura ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi muri iki Gihugu.

Uru ruzinduko rwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Latvia, mu butumwa bwatambutse ku rubuga rwabyo, ruzaba guhera ejo ku ya 01 kugeza ku ya 03 Ukwakira 2024.

Uru ruzinduko kandi rwanemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024,

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko “uru ruzinduko ari rwo rwa mbere rwa Perezida w’u Rwanda azaba agiriye mu Bihugu bikora ku nyanja ya Baltic, akaba ari na rwo rwa mbere rw’Umukuru w’Igihugu cyo muri Afurika azaba agiriye muri Latvia.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yakomeje agira ati “Muri uru ruzinduko, Urwibutso rwo guha icyubahiro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruzafungurwa ku mugaragaro ku Isomero ry’Igihugu rya Latvia.”

Nduhungirehe kandi avuga ko uru Rwibutso ruzafungurwa muri Latvia, ruzaba ari na rwo rwa mbere rufunguwe mu Bihugu bya Baltic (Estonia, Latvia, na Lithuania) no Mu burasirazuba bw’u Burayi.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame azanahura na mugenzi we wa Latvia, Edgaru Rinkēviču bagirane ibiganiro ku mubano n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Latvia, byatangaje uko gahunda y’umunsi wa kabiri w’uru ruzinduko tariki 02 Ukwakira, iteye, aho mu masaha ya mbere ya saa sita, Perezida Kagame azakirwa na mugenzi we mu Biro, ubundi anabonereho gutanga ubutumwa mu gitabo cy’abashyitsi.

Mu masaha ya mbere ya saa sita, kandi intumwa z’u Rwanda z’abayobozi bazaba bajyanye na Perezida Kagame, zizagirana ibiganiro na bagenzi babo bo mu nzego nkuru za Latvia.

Nyuma y’ibi biganiro hazakurikiraho ikiganiro n’Itangazamakuru cy’Abakuru b’Ibihugu, Perezida Kagame na Edgar.

Hazakurikiraho igikorwa cyo gushyira indabo ku kimenyetso cy’abaharaniye ubwigenge muri iki Gihugu cya Latvia.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, azabonana na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Latvia, Daigu Mieriņu.

Nanone mu masaha y’umugoroba kuri uwo munsi, Perezida Kagame azanabonana na Minisitiri w’Intebe wa Latvia, Eviku Siliņu, n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bya Minisitiri w’intebe, Brīvības bulvāris.

Kuri uwo munsi, saa kumi na cumi n’itanu (16:15’), Perezida Kagame na mugenzi we Edgara Rinkēviča, ni bwo bazafungura ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 ku Isomero rikuru ry’Igihugu muri Latvia.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Next Post

Kigeze kugaragara muri Tanzania: Iby’ingenzi wamenya ku cyorezo Marburg kimaze guhitana Abaturarwanda 8

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Kigeze kugaragara muri Tanzania: Iby’ingenzi wamenya ku cyorezo Marburg kimaze guhitana Abaturarwanda 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.