Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteganyijwe mu ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame agiye kugirira muri Latvia

radiotv10by radiotv10
30/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiteganyijwe mu ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame agiye kugirira muri Latvia
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agiye kugirira uruzinduko rwa mbere mu Gihugu cya Latvia, rw’iminsi itatu, ruteganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo gufungura ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi muri iki Gihugu.

Uru ruzinduko rwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Latvia, mu butumwa bwatambutse ku rubuga rwabyo, ruzaba guhera ejo ku ya 01 kugeza ku ya 03 Ukwakira 2024.

Uru ruzinduko kandi rwanemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024,

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko “uru ruzinduko ari rwo rwa mbere rwa Perezida w’u Rwanda azaba agiriye mu Bihugu bikora ku nyanja ya Baltic, akaba ari na rwo rwa mbere rw’Umukuru w’Igihugu cyo muri Afurika azaba agiriye muri Latvia.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yakomeje agira ati “Muri uru ruzinduko, Urwibutso rwo guha icyubahiro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruzafungurwa ku mugaragaro ku Isomero ry’Igihugu rya Latvia.”

Nduhungirehe kandi avuga ko uru Rwibutso ruzafungurwa muri Latvia, ruzaba ari na rwo rwa mbere rufunguwe mu Bihugu bya Baltic (Estonia, Latvia, na Lithuania) no Mu burasirazuba bw’u Burayi.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame azanahura na mugenzi we wa Latvia, Edgaru Rinkēviču bagirane ibiganiro ku mubano n’imikoranire y’Ibihugu byombi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Latvia, byatangaje uko gahunda y’umunsi wa kabiri w’uru ruzinduko tariki 02 Ukwakira, iteye, aho mu masaha ya mbere ya saa sita, Perezida Kagame azakirwa na mugenzi we mu Biro, ubundi anabonereho gutanga ubutumwa mu gitabo cy’abashyitsi.

Mu masaha ya mbere ya saa sita, kandi intumwa z’u Rwanda z’abayobozi bazaba bajyanye na Perezida Kagame, zizagirana ibiganiro na bagenzi babo bo mu nzego nkuru za Latvia.

Nyuma y’ibi biganiro hazakurikiraho ikiganiro n’Itangazamakuru cy’Abakuru b’Ibihugu, Perezida Kagame na Edgar.

Hazakurikiraho igikorwa cyo gushyira indabo ku kimenyetso cy’abaharaniye ubwigenge muri iki Gihugu cya Latvia.

Mu masaha ya nyuma ya saa sita, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, azabonana na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Latvia, Daigu Mieriņu.

Nanone mu masaha y’umugoroba kuri uwo munsi, Perezida Kagame azanabonana na Minisitiri w’Intebe wa Latvia, Eviku Siliņu, n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bya Minisitiri w’intebe, Brīvības bulvāris.

Kuri uwo munsi, saa kumi na cumi n’itanu (16:15’), Perezida Kagame na mugenzi we Edgara Rinkēviča, ni bwo bazafungura ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 ku Isomero rikuru ry’Igihugu muri Latvia.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Basabwa kumenya imihigo nyamara ibyapa yanditseho babifata nk’imitako ku mpamvu batungaho agatoki ubuyobozi

Next Post

Kigeze kugaragara muri Tanzania: Iby’ingenzi wamenya ku cyorezo Marburg kimaze guhitana Abaturarwanda 8

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Kigeze kugaragara muri Tanzania: Iby’ingenzi wamenya ku cyorezo Marburg kimaze guhitana Abaturarwanda 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.