Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, banenga umugabo bavugaho ubushurashuzi wahengereye mugenzi we yagiye mu kabari akajya kuryamana n’umugore we, ariko uwaciwe inyuma na we akagawa uburyo yihaniye agakubita uwo mugabo ubwo yamusanganaga n’umugore we, akamunegekaza.
Iki kibazo cyabaye ku munsi wahariwe abakunda wizihirizwaho Mutagatifu Valenti wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, aho abaturage bo mu gace byabereyemo, bavuga ko umugabo witwa Ntakirutimana yari yagiye mu kabazi kwica akanyota, mugenzi we agahita yinyabya iwe.
Umwe mu baturage bo muri aka gace, avuga ko byari nka saa yine z’ijoro kuri uwo munsi uzwi nka Saint Valentin, aho uyu mugabo uvugwaho ubushurashuzi, yagiye mu rugo rwa mugenzi we, ubundi umugore we akamukingurira.
Akimara kumukingurira, bahise bazimya amatara, bajya mu byabo, ari na bwo umwana wo muri urwo rugo w’imyaka 12 yahitaga abibwira umukozi, bagahita bahamagara se bakamumenyesha ibiri kubera iwe.
Umugabo yahise ataha, ageze mu rugo arakingura asanga koko uwo mugabo n’umugore we baryamye, arimo umugore ahita acika, mu gihe umugabo wari wavogereye urugo rwe, yahagumye.
Uyu muturage avuga ko ibimenyetso byagaragaye, bishimangira ko bari bamaze gukorana imibonano mpuzabitsina. Ati “basanze amashuka atose.”
Muri uko kumufata, yaramukubise amugira intere, aramukomeretsa cyane, kubera umujinya mwinshi yamutuye nyuma yo gusanga ari kumuca inyuma.
Aba baturage bavuga ko uriya mugabo wafashwe na mugenzi we asanzwe azwiho ubushurashuzi, kuko ari inshuro ya gatanu afatiwe mu rugo rw’abandi agezwa n’iyi ngeso.
Umwe ati “Uzi kugira ngo ube wubatse urugo rwawe, niba utashye uvuye kwinywera agacupa usange ikindi kigabo kiri muri hanyu hanyu, cyamurembeje. Urumva iyo kamere.”
Uyu muturage akomeza avuga ko umujinya wagaragajwe n’uriya mugabo ukamutera kwihanira, wari ngombwa. Ati “Ntiwakwemera ko undi mugabo agusoreza umugore mu nzu yawe […] Wenda iyo akoresha ubwenge akajya iyo za Gisenyi tutazi, ariko ntumusange iwawe.”
Mugenzi we na we “Ni ngombwa gukubitwa kuko yakoze amakosa, ariko ni uko bakubise cyane.”
Ni mu gihe bamwe bagaya uyu mugabo wihaniye, kuko yamukubise cyane, ndetse bikamuviramo kujya kwivuza kwa muganga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, Mugisha Honore, na we anenga uyu mugabo wafashe icyemezo cyo kwihanira, avuga ko ubusanzwe iyo habaye ikibazo nk’iki, umuturage akwiye kwiyambaza inzego.
Ati “Kwihanaira ntabwo byemewe uhuye n’ikibazo akwiye kujya mu buyobozi bakamugira inama, uwihaniye ahanwa n’amategeko.”
Amakuru avuga ko nyuma yuko ibi bibaye, aba bagabo bagacucuruka, baje no kwiyunga, ndetse bakaba baherutse kwicarana bagasangira agacupa.
RADIOTV10









