Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi ku masezerano y’u Rwanda na Jordanie yasinywe hari Perezida Kagame n’Umwami Abdullah II

radiotv10by radiotv10
08/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi ku masezerano y’u Rwanda na Jordanie yasinywe hari Perezida Kagame n’Umwami Abdullah II
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe ari kugirira mu Rwanda, Umwami wa Jordanie Abdullah II Ibn Al-Hussein, we na Perezida Paul Kagame, bayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye n’ubutwererane hagati y’Ibihugu byombi.

Ni nyuma y’uko Umwami Abdullah II ageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, akakirwa na Perezida Paul Kagame ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Perezida Paul Kagame kandi yanakiriye Umwami wa Jordanie mu Biro bye muri Village Urugwiro, bagirana ibiganiro, banayobora umuhangwo wo gushyira umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Jean Chrysostome Ngabitsinze, naho ku ruhande rw’Ubwami bwa Jordanie, ashyirwaho umukono na Minisitiri wUbucuruzi n’Inganda, Yousef Al Shamali.

Muri aya masezerano ajyanye n’ubucuruzi, agamije gukuraho imbogamizi ziri mu bucuruzi hagati y’Ibihugu byombi, arimo ingingo zinyuranye nko gukuraho gusoreshwa kabiri ibicuruzwa, bigamije gukumira amayeri yo guhunga imisoro byajyaga bigaragara.

Hanasinywe kandi amasezerano ajyanye no gusangizanya ubumenyi mu bijyanye n’ubuzima n’ubuvuzi, hagati y’u Rwanda n’Ubwami bwa Jordanie.

Impande zombi kandi zanashyize umukono ku masezerano ajyanye n’ubufatanye mu by’ubuhinzi, dore ko Jordanie ari Igihugu cyateye imbere muri uru rwego, kikaba gifite byinshi cyasangiza u Rwanda.

Umuhango w’isinywa ry’aya masezerano, uretse kuba wayobowe n’Umwami rwa Jordanie na Perezida Kagame w’u Rwanda, warimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, hari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta; Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza (NISS), Maj Gen Joseph Nzabamwita, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Francis Gatare.

Biteganyijwe ko Umwami wa Jordanie, kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, asura ibikorwa binyuranye mu Rwanda, birimo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi, akunamira inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Ubwo Umwami Abdallah II yageraga ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Yakiriwe na Perezida Paul Kagame
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Jordanie mu Biro bye

Bagiranye ibiganiro
Bayoboye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye
Aya masezerano yashyizweho umukono n’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + fifteen =

Previous Post

APR yakoze amateka isezerera ikipe y’ibigwi mu karere isatira Final ya Mapinduzi Cup

Next Post

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Bitunguranye umuhanda Karongi-Nyamasheke wafunzwe ubugirakabiri mu gihe kitarenze umunsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.