Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpumeko y’amatora ya Perezida w’u Rwanda abura igihe gito akaba
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yagaragaje imyiteguro y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite abura iminsi 25 ngo abe, aho kugeza ubu hamaze kwakirwa indorerezi zirenga 260 zifuza kuzayakurikirana, ndetse abazatorera hanze y’Igihugu bakaba barikubye gatatu.

Byatangajwe mu kiganiro ubuyobozi bwa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, bwagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, cyagarutse ku myiteguro y’Amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite azaba tariki 15 Nyakanga 2024.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa, yavuze ko muri aya matora, azaba mu kwezi gutaha, hagiye kugerwaho ikindi cyiciro cyo kwiyamamaza kizatangira tariki 22 Kamena kugeza ku ya 13 Nyakanga 2024.

Yavuze ko abari kuri Lisiti y’Itora y’agateganyo kugeza ubu ari miliyoni 9 zirengaho gato, aboneraho kwibutsa Abanyarwanda bifuza kwireba no kwikosoza kuri Lisiti y’Itora bakoresheje ikoranabuhanga rya Telefone [*169#] ko bigikomeje kugeza tariki 29 Kamena 2024.

Yavuze ko nyuma y’uko hatangajwe urutonde ntakuka rw’Abakandida bazahatana muri aya matora, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yahuye na bo bose, bakaganirizwa ku byo bagomba kuzubahiriza igihe bazaba batangiye igikorwa cyo kwiyamamaza.

Ati “Twagize umwanya uhagije wo kuganira ku bijyanye no kwiyamamaza, cyane cyane twibukiranya ibyemenwe ndetse n’ibitemewe, ku buryo Imitwe ya Politiki na bo bamaze kubigeza ku bayoboke babo, ari abazabafasha kwamamaza, abazakorana na bo mu gutegurana izo gahunda.”

Kimwe n’abakandida bigenga, na bo baganirijwe ku byo bagomba kuzubahiriza mu gihe bazaba bariho biyamamaza. ati “Bose bagomba kugira uburenganzira bwo kumenya ibyemewe n’ibitemewe mu bihe byo kwiyamamaza.”

Oda Gasinzigwa; yavuze kandi ko abakandida bamaze gushyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, gahunda y’aho baziyamamariza, ndetse bakaba baramaze gusaba impushya zo kuzahiyamamariza.

Yavuze ko ibi byakozwe mu rwego rwo kugira ngo abakandida bazafashwe na Komisiyo y’Amatora, igihe bahura n’imbogamizi ubwo bazaba bari muri iki gikorwa cyo kwiyamamaza.

Ati “Urutonde rw’aho bagomba kwiyamamariza rwagombaga kugera kuri Komisiyo bitarenze 18 z’ukwa gatandatu, tubonereho gushimira cyane abo bemejwe, kuko bose bamaze kutugezaho aho bifuza kwiyamamariza.”

Akomeza agira ati “Ibi biba ari ngombwa, kugira ngo hatangwe umutuzo hatagira wenda abahurira kuri site imwe.”

Yavuze kandi ko kwiyamamaza, ari uburenganzira bw’abakandida, kandi ko bose bagomba guhabwa amahirwe angana, bagafashwa n’inzego bireba; yaba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ndetse n’inzego z’ibanze, kugira ngo igikorwa cyo kwiyamamaza kwabo kizagende neza.

 

Hamaze kuboneka indorerezi zirenga 260

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza yavuze ko kugeza ubu habura iyi minsi itageze ku kwezi, ibyinshi bijyanye n’imyiteguro y’amatora byamaze gutegurwa.

Ati “Yaba ibikoresho by’amatora bikenewe, byaba abakozi n’abakorerabushake bazayobora amatora, barateguwe barahuguwe, byaba gutegura Abanyarwanda binyuze mu buryo butandukanye, inyigisho duha abanyarwanda ibijyanye n’uburyo amatora azakorwamo, aho azabera, itariki azaberaho, ariko ibyo byo birakomeza kugeza umunsi w’itora.”

Charles Munyaneza yavuze kandi ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ikomeje gukorana n’abafatanyabikorwa, barimo indorerezi zifuza kuzakurikirana aya matora.

Ati “Tumaze iminsi twakira indorerezi z’amatora, kugeza ubu tumaze kwakira izigera kuri 267 kugeza ejo nimugoroba, n’ubu hari izinzi zicyandika, tuzazakira kugeza tariki 14 z’ukwa Karindwi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yavuze ko ikindi gikorwa kiri gukorwa ubu, ari ugutegura uburyo bwo kugeza ibikoresho by’amatora aho azabera.

Nanone kandi Komisiyo y’Amatora iri gukorana n’inzego zihagarariye u Rwanda mu Bihugu binyuranye, kugira ngo amatora y’Abanyarwanda bazatorera hanze na yo azagende neza.

Yavuze ko kugeza ubu hamaze kugaragara Abanyarwanda ibihumbi 62 biyandikishije kuzatora, aho bavuye ku bihumbi 22 bari batoye mu matora aheruka ya 2018. Bivuze ko bikubye hafi gatatu. Hanze y’Igihugu kandi, amatora azabera mu Bihugu 70, aho hazaba hari ibiro by’itora bigera ku 144.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 9 =

Previous Post

Uganda: Minisitiri yari arasiwe ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Imana ikinga akaboko

Next Post

AMAFOTO: Umuhanzi w’Ikirangirire ku Isi n’umugore we bongeye kurikoroza

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Umuhanzi w’Ikirangirire ku Isi n’umugore we bongeye kurikoroza

AMAFOTO: Umuhanzi w’Ikirangirire ku Isi n’umugore we bongeye kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.