Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

radiotv10by radiotv10
09/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Mutarama 2026, muri Petit Stade.

Mu bagabo, amakipe yageze ku mukino wa nyuma wa BK Arena Cup, igikombe cyegukanywe na Gisagara VC, aratangira ahura n’amakipe yari yasezereye muri 1/2 cy’iryo rushanwa kugira ngo agere ku mukino wa nyuma.

Gisagara VC yari yegukanye BK Arena Cup izahura na Police VC yari yasezerewe muri 1/2 cy’iryo rushanwa mbere y’uko itsindwa na APR VC ku mukino wa nyuma.

Uyu mukino wa Gisagara VC na Police VC uteganyijwe saa mbiri z’ijoro (20h00) zo kuri uyu gatanu tariki ya 9 Mutarama 2026, ari na wo mukino uzasoza indi yo kuri uwo munsi.

Uyu mukino uzaba wabanjirijwe n’undi ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00) uzahuza APR VC na Kepler VC.

Uyu mukino na wo wongeye guhuza ikipe yasezereye indi muri 1/2 cya BK Arena Cup, kuko APR VC yari yasezereye Kepler VC nubwo nayo yaje gutsindirwa ku mukino wa nyuma na Gisagara VC.

Kongera guhura kw’aya makipe byafashwe n’abakunzi ba volleyball nk’amahirwe yo kwihimura ku makipe yari yatsinzwe, bitaba ibyo akongera agasuzugurwa.

Iyi mikino yo mu bagabo izabanzirizwa n’umukino wo mu bagore, aho APR WVC izahura na Kepler WVC guhera saa kumi z’igicamunsi (16h00).

Imikino ibanza (phase aller) yari yasojwe, mu bagabo ari Gisagara VC iyoboye urutonde, ikurikiwe na APR VC, Kepler VC ku mwanya wa gatatu, mu gihe Police VC iri ku mwanya wa kane mu makipe icyenda ari gukina shampiyona.

Icyatunguranye ni REG VC itari mu makipe ane ya mbere, inahanzwe amaso muri iyi mikino yo kwishyura nubwo bigoye kugira ikipe ikura muri enye za mbere, cyane ko nta n’umukinnyi mushya yongeyemo.

Mu bagore, APR WVC ni yo yasoje iyoboye urutonde mu makipe arindwi ari gukina shampiyona, ikurikiwe na Police WVC, Kepler WVC na RRA WVC ku mwanya wa kane.

Uko gahunda iteye

Iyi mikino imaze kwigarurira abakunzi benshi

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.