Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester United, avuga ko bishobora kutamugirira akamaro.

Onana, ufite amasezerano n’iyi kipe kugeza muri Kamena 2028, ubu ari gukinira ku ntizanyo ikipe yo muri Turukiya ya Trabzonspor kugeza mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu munyezamu w’imyaka 30 yujuje uyu munsi , akaba yaranyuze mu makipe akomeye arimo Ajax na Inter Milan, ari gutekereza gusubira muri Manchester United, ikipe yafashije kwegukana igikombe cya FA Cup mu 2023.

Icyakora, Joseph-Antoine Bell avuga ko Onana ashobora kuba yakora ikosa aramutse afashe uwo mwanzuro.

Mu kiganiro yagiranye na Africafoot, Bell yavuze ko bidakwiriye ko amakosa yose ikipe yagize yashyirwa kuri Onana wenyine.

Yagize ati: “Nk’uko byavuzwe n’uwahoze atoza Manchester United Ruben Amorim ndetse n’abandi, bashinjaga Onana amakosa yose. Nubwo na we yari afite uruhare nk’abandi bakinnyi bose, kumugira nyirabayazana w’ibibazo by’ikipe byari akarengane.”

Yakomeje avuga ko Onana yafashe icyemezo cyiza cyo kujya gukinira Trabzonspor ku ntizanyo nyuma yo kubona ko atari akiri mu migambi ya Manchester United.

Bell ati: “Kuri Trabzonspor asa n’uwisanzuye kurushaho, ari mu ikipe idafite igitutu kinini cy’itangazamakuru. Mbona biri kumufasha cyane.”

Yongeyeho ko nubwo Onana ashobora kuba yifuza gusubira i Manchester, atabona ko ari cyo cyemezo cyiza kuri we muri iki gihe.

Kuva Onana yagera muri Trabzonspor umwaka ushize, amaze gukina imikino 23 muri uyu mwaka w’imikino, yinjizwamo ibitego 28 ariko agira imikino 6 atinjijwe igitego. Iyi kipe ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona n’amanota 60 mu mikino 27.

Mu mateka ye, Onana amaze gukinira ikipe y’igihugu ya Cameroun inshuro 53, anegukana ibikombe bitandukanye birimo shampiyona eshatu z’u Buholandi ari muri Ajax, Coppa Italia na Supercoppa Italiana ari muri Inter Milan, ndetse n’igikombe cya FA Cup yegukanye ari muri Manchester United.

Yanagize uruhare mu gutuma Cameroun isoza ku mwanya wa gatatu mu gikombe cya Afurika cya 2021 Africa Cup of Nations cyabereye muri Cameroun.

Esca Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 15 =

Previous Post

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Next Post

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.