Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

radiotv10by radiotv10
03/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye mu buyobozi bw’umupira w’amaguru muri iki Gihugu, batangiye kwegura umwe ku wundi.

Nyuma ya perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Butaliyani, Gabriele Gravina, weguye kuri uyu wa Kane taliki ya 2 Mata 2026, hiyongereyeho na Gianluigi Buffon watangaje ko yeguye ku mwanya yari afite.

Buffon wahoze ari umunyezamu ukomeye, yeguye ku mwanya wo kuba umuyobozi uhagarariye ikipe (chef de délégation), umwanya yari yagiyeho muri 2023.

Uyu munyabigwi wa ruhago y’isi yanditse ku rukuta rwe rwa X ati “Kwegura ako kanya nyuma y’umukino twanganyijemo na Bosnia (1-1, penaliti 1-4) byari icyemezo gikomeye cyaturutse mu mutima wanjye. Byaje mu buryo bwihuse, nk’uko amarira n’ububabare numvaga mu mutima wanjye nabwo byaje. Nabisabwe gutegereza gato kugira ngo buri wese abanze atekereze neza. Ubu perezida Gravina amaze gufata icyemezo cyo kwegura, nanjye numvise mfite umudendezo wo gukora ibyo mbona nk’inshingano.”

Yakomeje avuga ko, nubwo yemera ko yagize uruhare rwiza mu kubaka ubumwe n’imikoranire myiza mu ikipe hamwe n’umutoza Gennaro Gattuso n’abandi bakozi, intego nyamukuru yari ugusubiza u Butaliyani mu Gikombe cy’Isi.

Ati “Ntitwabigezeho. Ni byiza ko abazasimbura baza bafite umudendezo wo guhitamo umuntu babona ukwiye uyu mwanya.”

Buffon yeguriye umunsi umwe na Gabriele Gravina wari perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Butaliyani. Nk’uko byari byitezwe kuva u Butaliyani bwabura itike, uyu muyobozi yatangaje ko yeguye kuri uyu wa Kane, nyuma y’iminsi ibiri gusa u Butaliyani busezerewe na Bosnia & Herzegovina.

Ikipe y’igihugu y’u Butaliyani (Nazionale) yatsinzwe na Bosnia ku mukino wa nyuma wa kamarampaka (play off), banganya 1-1, hanyuma batsindwa kuri penaliti 4-1. Ibi byatumye u Butaliyani buzasiba Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu ikurikirana, nyuma yo kubura mu cya 2022 cyabereye muri Qatar n’icya 2018 cyabereye mu Burusiya.

Uzasimbura perezida wa federasiyo, wagiye kuri uyu mwanya muri 2018, azatorwa ku itariki ya 22 Kamena uyu mwaka.

Aba bayobozi ba ruhago y’u Butaliyani beguye nyuma y’igitutu kiri guturuka hirya no hino muri iki gihugu harimo na guverinoma aho bamwe mu bagize guverinoma batatinye kubanenga ku mugaragaro.

Undi ushobora kwegura ni umutoza Gennaro Gatusso nawe ukomeje kotswa igitutu.

U Butaliyani bufite ibikombe by’isi bine ariko kubona itike yo gusubira mu mikino ya nyuma bikomeje kuba ingorabahizi, mu gihe ibihugu birimo Repubulika Ndemokarasi ya Kongo yabonye itike nyuma y’imyaka 52, Irak ibona itike nyuma y’imyaka isaga 40, naho i Burayi ibihugu birimo Czech Republic byayibonye nyuma y’imyaka 20, Bosnia yasezereye u Butaliyani iri n’inyuma yabwo ku rutonde rwa FIFA yaherukaga mu gikombe cy’isi cya 2014, imyaka yari ishize isaga 12.

Iki gikombe cy’isi kizatangira kuwa 11 Kamena kirangire ku wa 19 Nyakanga 2026 gikinirwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Ikipe y’u Butaliyani bwigeze gutwara Igikombe cy’Isi, imaze kubura itike icyerekezamo ubugiragatatu
Abo muri ruhago bari kwegura umusubirizo

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Gatsibo: Ubuhamya bw’ingaruka z’amakimbirane mu miryango bwumvikanisha ko hari n’abashatse kwiyahura

Next Post

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.