Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi akamubera ibamba, biravugwa ko yongeye kubimwingingira yamuhakanira akamukubita urushyi akanamukatisha urwembe, bikarangira amukomerekeje, ahita atabwa muri yombi.
Uyu musore w’imyaka 25 wari umaze igihe asabwa urukundo n’uwo mukobwa wavugaga ko atabaho badakundana, bivugwa ko gushyamirana kwabo kwabereye mu kabari kari mu Kagari ka Gihundwe mu Murenge wa Kamembe.
Abari muri ako kabari, bavuga ko uyu mukobwa yasanze uyu musore ari gusangira n’abandi, yongera kumusaba ko bakundana, undi aramukahakanira, ntibyamushimisha.
Umwe mu baturage yagize ati “Umusore yamusubiriyemo ko ibyo gukundana na we bitaramujyamo; umukobwa akomeza gusa n’umushotora, umusore aramuhunga, barashyamirana, maze umukobwa amukubita urushyi.”
Umusore na we byamwanze mu nda aramusubiza, na we amukubita urushyi, umukobwa ahita agira umujinya ajya kugura urwembe ahita aza aramukata.
Undi muturage wari uhari, yagize ati “Umusore aravirirana atangira kugira isereri; umukobwa atabwa muri yombi, umusore ajyanwa kwa muganga mu Bitaro bya Gihundwe.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Ingabire Joyeux waganirije Ikinyamakuru Imvaho Nshya dukesha aya makuru, yemeje ko ubu bushyamirane bwabayeho koko.
Yagize ati “Umukobwa yakase umusore n’urwembe ku kuboko, ku kibero no mu gatuza, avuga ko amuziza kutamukunda kandi ngo yumva yaramwimariyemo, ariko umusore akabyanga.”
Uyu muyobozi yaboneyeho kugira inama urubyiruko kwirinda kuyoborwa n’amarangamutima, akabakoresha amakosa nk’aya, byumwihariko abasaba urukundo, ko badakwiye kubikora ku ngufu.
Uyu mukobwa ukekwaho gukomeretsa uyu musore, acumbikiwe kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Kamembe.
RADIOTV10










