• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina, ko yahamijwe ibyaha by’iterabwoba byagize ingaruka zikomeye zirimo n’abatakaje ubuzima, anamugaragariza amazina yabo.

Ni nyuma yuko Lydia Mutyebele Ngoi atangaje ko yakiriye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi “Paul Rusesabagina, ijwi ridacogora riharanira uburenganzira bwa muntu. Yafashije Abanyekongo, agaragaza akarengane.”

Uyu Mudepite mu Nteko y’u Bubiligi, ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakomeje avuga ko Rusesabagina yatawe muri yombi n’u Rwanda muri Kanama 2020, ahamywa ibyaha yashinjwaga muri 2021, akaza kurekurwa muri Werurwe 2023, arangije avuga ko ibi byose byamubayeho ngo kubera ubutwari bwe. Ati “Guharanira ibyiza bifite ikiguzi?”

Ubutumwa bw’uyu munyapolitiki kandi buherekejwe n’amashusho ye ari kumwe na Rusesabagina bicaye mu Nteko y’u Bubiligi, agaha urubuga uyu mugabo wahamijwe ibyaha by’iterabwoba, aho yumvikana ko ashyigikiye DRC, akanavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda n’Umukuru w’Igihugu cyarwo.

Mu butumwa bwa Rusesabagina bwuzuye ibirego by’ibinyoma, nk’aho avuga ko ngo u Rwanda rwiba ubutunzi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyu n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaye uyu Mudepite washimagije Rusesabagina yirengagije ko yahamijwe ibyaha by’iterabwoba.

Nduhungirehe yatangiye yibaza niba “Guharanira agaciro, kuri Lydia Mutyebele ni ugushyigikira umunyabyaha wahamijwe ibikorwa by’iterabwoba.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yakomeje avuga ko yizera ko ishyaka Parti Socialiste ribarizwamo uyu munyapolitiki Lydia Mutyebele Ngoi, ko ridashobora gushyigikira ibyaha byakozwe na Rusesabagina, byagize ingaruka zirimo n’ubuzima bw’abantu batakaje ubuzima.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ingero z’abantu babuze ubuzima kubera ibikorwa bya Rusesabagina barimo Ornella w’imyaka 13, Isaac w’imyaka 17, Jeanine w’imyaka 23 kimwe n’abandi bishwe n’umutwe wa FLN wa Rusesabagina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nineteen =

Previous Post

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Next Post

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

Related Posts

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Next Post
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.