Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyafatishije umugore ukekwaho kwiba ihene akayibaga cyumvikanamo gukunda akaboga

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in MU RWANDA
0
Icyafatishije umugore ukekwaho kwiba ihene akayibaga cyumvikanamo gukunda akaboga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, yasanganywe inyama z’ihene bikekwa ko yayibye akayibaga ubundi akayimanika mu gisenge ngo azajye arya inyama buhoro buhoro.

Uyu mugore yafashwe nyuma y’uko hari umuturage wo mu Kagari ka Bikara mu Murenge wa Nkotsi, ubuze ihene ariko ikaburirwa irengero, akiyambaza abaturanyi n’inzego ngo bamufashe gushakisha.

Iryo tungo ryari ryabuze ku wa Kane w’icyumweru twaraye dusoje, ryakomeje gushakishwa n’abaturage, baje kumva impumuro y’inyama mu nzu y’uyu mugore nyuma y’iminsi ibiri ryarabuze, bagahita bamutahura.

Kabera Canisius uyobora Umurenge wa Nkotsi, yemeye amakuru y’ifatwa ry’uyu mugore wasanganywe ihene yari yarabaze.

Uyu muyobozi w’Umurenge wa Nkotsi, yavuze ko ubwo abaturage bashakishaga iyi hene, baje kumva impumuro y’inyama mu nzu y’uwo muturage.

Ati “Byaje kurangira umwe arebye muri Plafond (igisenge) asangayo umufuka urimo inyama, barebye basanga ni ya hene yibwe.”

Uyu mugore akimara gufatwa, yashyikirijwe inzego z’ubugenzacyaha, kugira ngo zikore iperereza kuri iki cyaha akekwaho cyo kwiba itungo ry’umuturage mugenzi we.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko umuturanyi wabo yari yabiyambaje ubwo yaburaga itungo rye, ariko bamwe bakavuga ko bari baribonye rigendagenda mu ngo z’abaturage, aho rigeze bakarihinda, ku buryo ryageze mu rugo rw’aho ryafatiwe we agahita aribaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eight =

Previous Post

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho n’impuguke zimugira inama zirimo D.Kaberuka n’inzobere mpuzamahanga

Next Post

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.