Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yirukanywe nyuma yo gutanga igitekerezo ku ifoto igaragaza imwe mu ntumwa zajyanye na Perezida Felix Tshisekedi i Bujumbura, yasiniziriye.

Iyi ntumwa yagaragaye yibwe n’ibitotsi, yafotowe ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, ubwo i Bujumbura haberaga inama yo ku rwego rwo hejuru yigaga ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi nama, ni ho uyu muyobozi ugaragara yegereye Tshisekedi yasinziriye, yifashe ku itama. Ifoto ye ikaba yarashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na bamwe mu bazikoresha, banayitangaho ibitekerezo bitandukanye.

Yari yasinziriye bigaragarira buri wese

Uwitwa Umuhinga Yigenga uri mu bakunze gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter ku bibera mu Burundi, yashyize iyi foto kuri uru rubuga.

Mu butumwa busa nk’ubushotorana kugira ngo abantu batange ibitekerezo kuri iyi foto, uyu wiyita Umuhinga Yigenga yagize ati “Mwaramutse nshuti z’Abanyekongo.”

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, batanze ibitekerezo kuri iyi foto, bagaya uriya muyobozi wari wasinziririye mu nama ikomeye nk’iriya.

Mu batanze ibitekerezo, hagaragayemo na konti y’Ibiro bya Minisitiri w’Inbete i Burundi yitwa Bureau de Premier Ministre (Burundi Gov) yagize iti “Ndabona harimo n’abasinziriye.”

Melance Ndayisenga wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe i Burundi, yahise azira iri kosa, kuko yahise yirukanwa.

Itangazo ryirukana Melance Ndayisenga ryagiye hanze kuri iki Cyumweru tariki 07 Gicurasi, rivuga ko uyu wari umuyobozi mu Biro bya Minisitiri w’Intebe yirukanywe “ku bw’ikosa rikomeye nk’ushinzwe itangazamakuru n’Itumanaho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.”

Iri tangazo rivuga ko igikorwa yakoze gishobora kwanduza ubucuti n’umubano w’u Burundi n’Ibihugu by’inshuti n’abafatanyabikorwa babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

Next Post

Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Hajemo n’urupfu: Gutwara igikombe kwa Napoli nyuma y’imyaka 33 byasize inkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.