Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Australia, imyigaragambyo yo kwamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel, Isaac Herzog, muri iki Gihugu yakomeje, nyuma yuko habaye ubushyamirane hagati y’abigaragambya n’abapolisi.

Abayobozi ba Australia basabye abaturage gutuza no gukomeza imyigaragambyo mu mahoro, nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere hadutse imirwano hagati ya polisi n’abigaragambyaga barwanyaga uruzinduko rwa Perezida wa Israel.

Polisi yavuze ko abantu 27 batawe muri yombi, barimo 10 bakekwaho gukubita abapolisi, ubwo yageragezaga gukumira ibihumbi by’abantu b’abigaragambyaga bari bateraniye hafi y’inyubako y’ubuyobozi bw’umujyi wa Sydney.

Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yavuze ko ababajwe cyane n’iyo mirwano, asaba abigaragambyaga kugaragaza ibitekerezo byabo mu mahoro.

Yagize ati “Abanya-Australia bashaka ibintu bibiri. Ntibashaka ko amakimbirane azanwa hano. Bashaka ko kwica bihagarara, yaba ku Banya-Isiraheli cyangwa ku Banya-Palestine, ariko ntibashaka ko ayo makimbirane azanwa hano.”

Perezida wa Israel, Isaac Herzog, yageze muri Australia ku wa mbere, tariki ya 9 Gashyantare 2026, mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ine. Yatumiwemo na Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, mu rwego rwo kugaragaza ubufatanye no guteza imbere ubumwe bw’abaturage.

Uruzinduko rwa Perezida Herzog muri Australia rugamije kandi kwifatanya n’imiryango y’Abayahudi baba muri Australia, nyuma y’igitero kibasiye Abayahudi cyabereye i Bondi Beach mu Kuboza 2025, cyahitanye abantu 15 bari mu birori bya Hanukkah.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − fifteen =

Previous Post

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Next Post

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Related Posts

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
10/02/2026
0

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri Zone ya Kirundo muri Komini ya Kirundo mu Ntara ya Butanyerera mu Burundi, yatangaje...

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

by radiotv10
10/02/2026
0

Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 cyungutse abasirikare b’abakomando 7 532 barangije imyitozo, binjijwe mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wabo Maj...

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

by radiotv10
10/02/2026
0

Maj. Gen. Sultani Makenga reminded the 7,532 new AFC/M23 commandos that the coalition’s goal is to liberate the entire Democratic...

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

Ingabo z’u Burundi na FARDC baravugwaho kongera gukorana mu bitero bikomeye muri Minembwe

by radiotv10
09/02/2026
0

Mu bice bimwe byo mu misozi miremire ya Mimbwe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, habaye imirwano...

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwemeje ko bwamenyeshejwe ko...

IZIHERUKA

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro
Uncategorized

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

10/02/2026
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

10/02/2026
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

10/02/2026
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

10/02/2026
Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

10/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.