Muri Australia, imyigaragambyo yo kwamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel, Isaac Herzog, muri iki Gihugu yakomeje, nyuma yuko habaye ubushyamirane hagati y’abigaragambya n’abapolisi.
Abayobozi ba Australia basabye abaturage gutuza no gukomeza imyigaragambyo mu mahoro, nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere hadutse imirwano hagati ya polisi n’abigaragambyaga barwanyaga uruzinduko rwa Perezida wa Israel.
Polisi yavuze ko abantu 27 batawe muri yombi, barimo 10 bakekwaho gukubita abapolisi, ubwo yageragezaga gukumira ibihumbi by’abantu b’abigaragambyaga bari bateraniye hafi y’inyubako y’ubuyobozi bw’umujyi wa Sydney.
Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yavuze ko ababajwe cyane n’iyo mirwano, asaba abigaragambyaga kugaragaza ibitekerezo byabo mu mahoro.
Yagize ati “Abanya-Australia bashaka ibintu bibiri. Ntibashaka ko amakimbirane azanwa hano. Bashaka ko kwica bihagarara, yaba ku Banya-Isiraheli cyangwa ku Banya-Palestine, ariko ntibashaka ko ayo makimbirane azanwa hano.”
Perezida wa Israel, Isaac Herzog, yageze muri Australia ku wa mbere, tariki ya 9 Gashyantare 2026, mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ine. Yatumiwemo na Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, mu rwego rwo kugaragaza ubufatanye no guteza imbere ubumwe bw’abaturage.
Uruzinduko rwa Perezida Herzog muri Australia rugamije kandi kwifatanya n’imiryango y’Abayahudi baba muri Australia, nyuma y’igitero kibasiye Abayahudi cyabereye i Bondi Beach mu Kuboza 2025, cyahitanye abantu 15 bari mu birori bya Hanukkah.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10









