• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwemeje ko bwamenyeshejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zari zikiri muri ubu butumwa zigiye gucyurwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na MONUSCO kuri iki Cyumweru tariki 08 Gashyantare 2026, yavuze ko “yamenyeshejwe n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ko Afurika y’Epfo izacyura ingabo zayo zisigaye muri MONUSCO.”

Ubuyobozi bwa MONUSCO bwaboneyeho gushimira Guverinoma ya Afurika y’Epfo n’abaturage b’iki Gihugu, ku musanzu Ingabo zabo zatanze muri ubu butumwa bumaze imyaka myinshi.

Ubu butumwa bwa Loni buvuga ko Ingabo za Afurika y’Epfo zaranzwe n’ubwitange, ku buryo hari n’izasize ubuzima muri ubu butumwa bwo kubungabunga amahoro, buboneraho no guha icyubahiro abo bitabye Imana bari mu nshingano.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “MONUSCO izakomeza kugirana ibiganiro na Repubulika ya Afurika y’Epfo ku bibazo binini byo kubungabunga amahoro, harimo amasomo yize no gukomeza gushyigikira ibikorwa bigamije guteza imbere amahoro n’ituze.”

Ubuyobozi bw’ingabo ziri muri ubu butumwa, buvuga kandi ko buzakomeza gukorana n’Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bireba kugira ngo impinduka nk’iki cyemezo cya Afurika y’Epfo cyo gucyura abasirikare bayo, zitazabangamira ubu butumwa.

Afurika y’Epfo igiye gucyura ingabo zayo zose zari muri MONUSCO, nyuma yuko muri Kamena umwaka ushize, izindi z’iki Gihugu zari mu butumwa bwa SADC (SAMIRDC), zitashye hamwe n’izindi zari muri Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo, zatashye zinyujijwe mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 9 =

Previous Post

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Next Post

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.