Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo gitunguranye kuri kandidatire y’Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi i Burundi

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyemezo gitunguranye kuri kandidatire y’Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Burundi, yateye utwatsi kandidatire z’abanyapolitiki bagera mu icumi b’Ihuriro ‘Un Burundi pour tous’ bifuzaga kuzahatana mu matora y’abashinga amategeko azaba muri Kamena uyu mwaka, barimo n’umunyapolitiki Agathon Rwasa ufite izina rikomeye muri kiriya Gihugu, wari wanahatanye na Ndayishimiye mu matora ya Perezida aheruka.

Ni icyemezo cyafashwe na Komisiyo y’Amatora mu Burundi (CENI) tariki 31 Ukuboza 2024, aho yanze izi kandidatire zirimo iyi ya Agathon Rwasa wahoze ari Perezida w’Ishyaka CNL, akaza kwamburwa izi nshingano muri Werurwe umwaka ushize wa 2024.

Si kandidatire y’uyu munyapolitiki yasubijwe inyuma gusa, kuko hari n’izindi z’abandi bose babarirwa mu icumi bari bibumbiye mu ihuriro ‘Un Burundi pour tous’.

Agathon Rwasa waniyamamaje ubugirakabiri mu matora y’Umukuru w’Igihugu arimo aya 2020, muri aya matora y’Intumwa za Rubanda azaba muri uyu mwaka, yari yiyamamaje anyuze muri iri huriro ‘Un Burundi pour tous’ rigizwe n’imitwe ya politiki ine, kuko yirukanywe mu ishyaka yahoze akuriye rya CNL.

Abanyapolitiki babiri Euphrasie Mutenzinka na Anatole Karorero basanzwe ari inkoramutima za Agathon, na bo kandidatire zabo zatewe utwatsi na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Nk’uko bitangazwa n’iyi Komisiyo, kuba aba banyapolitiki bakwiyamamaza mu matora, byaba binyuranyije n’amategeko agenda amatora ndetse n’itegeko rigena imitwe ya Politiki ibuza umuntu umwe kugaragara ku rutonde rw’amashyaka abiri atandukanye.

Agathon Rwasa, Euphrasie Mutenzinka na Anatole Karorero, baracyabarwa mu Nteko Rusange y’umutwe wa Politiki wa CNL wahagaritswe muri Kamena 2023, bityo rero ko batemerewe kuba bajya guhatana banyuze mu rindi shyaka.

Ni icyemezo cyamaganywe na Agathon Rwasa, wavuze ko kidafite ishingiro, ndetse ko we atakibarirwa mu mutwe wa Politiki wa CNL nk’uko byagendewe na Komisiyo y’Amatora ifata kiriya cyemezo.

Agathon Rwasa, yari umwe mu bakandida bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri 2020, akegukanwa na Evariste Ndayishimiye wagize amajwi 68,72% mu gihe Rwasa wari wahatanye ahagarariye yagize 24,19%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ntakiri umukinnyi w’ikipe y’i Burayi yari asigajemo imyaka ingana n’iyo amazemo

Next Post

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.