Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo gitunguranye kuri kandidatire y’Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi i Burundi

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyemezo gitunguranye kuri kandidatire y’Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Burundi, yateye utwatsi kandidatire z’abanyapolitiki bagera mu icumi b’Ihuriro ‘Un Burundi pour tous’ bifuzaga kuzahatana mu matora y’abashinga amategeko azaba muri Kamena uyu mwaka, barimo n’umunyapolitiki Agathon Rwasa ufite izina rikomeye muri kiriya Gihugu, wari wanahatanye na Ndayishimiye mu matora ya Perezida aheruka.

Ni icyemezo cyafashwe na Komisiyo y’Amatora mu Burundi (CENI) tariki 31 Ukuboza 2024, aho yanze izi kandidatire zirimo iyi ya Agathon Rwasa wahoze ari Perezida w’Ishyaka CNL, akaza kwamburwa izi nshingano muri Werurwe umwaka ushize wa 2024.

Si kandidatire y’uyu munyapolitiki yasubijwe inyuma gusa, kuko hari n’izindi z’abandi bose babarirwa mu icumi bari bibumbiye mu ihuriro ‘Un Burundi pour tous’.

Agathon Rwasa waniyamamaje ubugirakabiri mu matora y’Umukuru w’Igihugu arimo aya 2020, muri aya matora y’Intumwa za Rubanda azaba muri uyu mwaka, yari yiyamamaje anyuze muri iri huriro ‘Un Burundi pour tous’ rigizwe n’imitwe ya politiki ine, kuko yirukanywe mu ishyaka yahoze akuriye rya CNL.

Abanyapolitiki babiri Euphrasie Mutenzinka na Anatole Karorero basanzwe ari inkoramutima za Agathon, na bo kandidatire zabo zatewe utwatsi na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Nk’uko bitangazwa n’iyi Komisiyo, kuba aba banyapolitiki bakwiyamamaza mu matora, byaba binyuranyije n’amategeko agenda amatora ndetse n’itegeko rigena imitwe ya Politiki ibuza umuntu umwe kugaragara ku rutonde rw’amashyaka abiri atandukanye.

Agathon Rwasa, Euphrasie Mutenzinka na Anatole Karorero, baracyabarwa mu Nteko Rusange y’umutwe wa Politiki wa CNL wahagaritswe muri Kamena 2023, bityo rero ko batemerewe kuba bajya guhatana banyuze mu rindi shyaka.

Ni icyemezo cyamaganywe na Agathon Rwasa, wavuze ko kidafite ishingiro, ndetse ko we atakibarirwa mu mutwe wa Politiki wa CNL nk’uko byagendewe na Komisiyo y’Amatora ifata kiriya cyemezo.

Agathon Rwasa, yari umwe mu bakandida bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri 2020, akegukanwa na Evariste Ndayishimiye wagize amajwi 68,72% mu gihe Rwasa wari wahatanye ahagarariye yagize 24,19%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ntakiri umukinnyi w’ikipe y’i Burayi yari asigajemo imyaka ingana n’iyo amazemo

Next Post

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.