Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo gitunguranye kuri kandidatire y’Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi i Burundi

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyemezo gitunguranye kuri kandidatire y’Umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Burundi, yateye utwatsi kandidatire z’abanyapolitiki bagera mu icumi b’Ihuriro ‘Un Burundi pour tous’ bifuzaga kuzahatana mu matora y’abashinga amategeko azaba muri Kamena uyu mwaka, barimo n’umunyapolitiki Agathon Rwasa ufite izina rikomeye muri kiriya Gihugu, wari wanahatanye na Ndayishimiye mu matora ya Perezida aheruka.

Ni icyemezo cyafashwe na Komisiyo y’Amatora mu Burundi (CENI) tariki 31 Ukuboza 2024, aho yanze izi kandidatire zirimo iyi ya Agathon Rwasa wahoze ari Perezida w’Ishyaka CNL, akaza kwamburwa izi nshingano muri Werurwe umwaka ushize wa 2024.

Si kandidatire y’uyu munyapolitiki yasubijwe inyuma gusa, kuko hari n’izindi z’abandi bose babarirwa mu icumi bari bibumbiye mu ihuriro ‘Un Burundi pour tous’.

Agathon Rwasa waniyamamaje ubugirakabiri mu matora y’Umukuru w’Igihugu arimo aya 2020, muri aya matora y’Intumwa za Rubanda azaba muri uyu mwaka, yari yiyamamaje anyuze muri iri huriro ‘Un Burundi pour tous’ rigizwe n’imitwe ya politiki ine, kuko yirukanywe mu ishyaka yahoze akuriye rya CNL.

Abanyapolitiki babiri Euphrasie Mutenzinka na Anatole Karorero basanzwe ari inkoramutima za Agathon, na bo kandidatire zabo zatewe utwatsi na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Nk’uko bitangazwa n’iyi Komisiyo, kuba aba banyapolitiki bakwiyamamaza mu matora, byaba binyuranyije n’amategeko agenda amatora ndetse n’itegeko rigena imitwe ya Politiki ibuza umuntu umwe kugaragara ku rutonde rw’amashyaka abiri atandukanye.

Agathon Rwasa, Euphrasie Mutenzinka na Anatole Karorero, baracyabarwa mu Nteko Rusange y’umutwe wa Politiki wa CNL wahagaritswe muri Kamena 2023, bityo rero ko batemerewe kuba bajya guhatana banyuze mu rindi shyaka.

Ni icyemezo cyamaganywe na Agathon Rwasa, wavuze ko kidafite ishingiro, ndetse ko we atakibarirwa mu mutwe wa Politiki wa CNL nk’uko byagendewe na Komisiyo y’Amatora ifata kiriya cyemezo.

Agathon Rwasa, yari umwe mu bakandida bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri 2020, akegukanwa na Evariste Ndayishimiye wagize amajwi 68,72% mu gihe Rwasa wari wahatanye ahagarariye yagize 24,19%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 1 =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ntakiri umukinnyi w’ikipe y’i Burayi yari asigajemo imyaka ingana n’iyo amazemo

Next Post

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya
FOOTBALL

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Amakuru aturuka ahari kubera imirwano ya M23 na FARDC aravuga uko byifashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.