Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ‘Umurava APR Fan Club’ ry’abafana b’ikipe ya APR FC, ryafatiye icyemezo cyo kwirukana burundu umwe mu bari barigize, nyuma yo kugaragara yambaye umwambaro w’ikipe ya Rayon Sports isanzwe ari mucyeba w’iyi y’Ingabo z’u Rwanda.

Ni icyemezo gikubiye mu ibaruwa bigaragara ko yanditswe kuri uyu wa Mbere tariki 09 Werurwe 2026, mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro.

Iyi baruwa yashyizweho umukono na Perezida w’iyi club y’abafana, Ntawigira Francois, itangira ivuga ko ubuyobozi bwayo bwandikiye uyu mufana bumumenyesha ko “buguhugaritse budundu (bukwambuye) ubunyamuryango bwa Fan Club kuva kuri uyu wa 09/03/2026.”

Iyi baruwa ikomeza igira iti “Ibyo bikozwe hashingiwe ku ngingo z’amategeko ya Fan Club wakomeje kudakurikiza cyane cyane ingingo ya 3, 4, 6,7, 10 byumwihariko ingingo ya 18 zigenda abanyamuryango b’Umurava APR Fan Club. Aho watatiriye igihango cyo gusebya Umurava APR Fan Club ndetse na APR FC muri rusange wambara umwambaro w’ikipe tudashobora kuvuga mu izina.”

Iki cyemezo cyafashwe n’iyi club y’abafana ba APR, ntikivugwaho rumwe na bamwe, bavuga ko umukunzi w’ikipe adakwiye kwirukanirwa mu itsinda ry’abakunzi bayo azizwa kwambara umwambaro w’indi.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu, wagize icyo avuga kuri iki cyemezo, yagize ati “N’abakinnyi b’ikipe z’amahari bagurana imipira irimo n’ibyuya, none ni uko bimeze ku bafana?”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 17 =

Previous Post

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Next Post

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

Related Posts

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa...

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

by radiotv10
09/03/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club igiye kuzana umukinnyi Quinn Cook wakinnye muri Shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

by radiotv10
08/03/2026
0

Ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS ntizahiriwe n'urugendo rw'i Rubavu dore ko zombi zahanganyirije ku munsi wa 23 wa...

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe...

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

by radiotv10
05/03/2026
1

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame in Paris, France
MU RWANDA

Eng.-President Kagame in Paris, France

by radiotv10
10/03/2026
0

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

10/03/2026
Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by'ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame in Paris, France

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.