Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
1
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we batakomeje inshingano zabo, anahakana abavugaga ko bananiwe gukorana, ahubwo ko babaga bafite impamvu zumvikana.

Uwayezu yavuze ko uwari Visi Perezida wa mbere, Kayisire Jacques, amaze gutorwa yahise abona akazi muri Minisiteri ya Siporo. Umukoresha we yamusabye guhagarika inshingano yari afite muri Rayon Sports kuko byari kudahura gukorera icyarimwe muri iyo Minisiteri no mu buyobozi bw’iyo kipe. Kayisire ngo yamubwiye ko azakomeza kumugira inama ariko atazongera kugaragara mu kazi ka buri munsi.

Ati “Kayisire rwose twarahuraga tukajya inama ariko akaba atagaragara, ntabwo byari uguta inshingano ahubwo byari ukubahiriza amabwiriza y’akazi.”

Yakomeje avuga ko uwari Visi Perezida wa kabiri, Ngoga Roger Aimable, we yahise yongera gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari yarize, ndetse asezera mu nama y’ubuyobozi.

Uwayezu yasobanuye ko Ngoga yavuze ko “uwakoranye na naka ntiyakoranye namwe,” ashaka kugaragaza ko agiye ariko yishimiye imirimo bari bamaze gukorera hamwe muri Rayon Sports.

Uwayezu ashimangira ko abo bayobozi bombi batagiye kubera kutumvikana mu kazi, ahubwo ko byatewe n’impamvu zabo bwite.

Yavuze ko imirimo ya Rayon Sports isaba ubwitange n’igihe kinini, ku buryo bigoye kuyikorana n’izindi nshingano.

Ati “Rayon Sports yasabaga ko uba uhari buri gihe. Njye nabyukaga mu gitondo nkageza nimugoroba ndi mu kazi ka Rayon Sports, ku buryo byari bigoye kuba umukorera bushake kandi ufite izindi nshingano.”

Uwayezu Jean Fidèle yasezerye ku mwanya wa Perezida wa Rayon Sports muri Nzeri 2024 ku mpamvu z’uburwayi, nyuma yuko yari yageze muri iyi kipe mu kwezi k’Ukwakira 2020.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 1

  1. Mushi says:
    1 month ago

    Ibi se yabitangarije kuwuhe muyoboro, ni TV10, ni Radio10, ni social media ze bwiteeee, muri macye nkeneye kumva byinshi mbikuye kuri source.

    Cg ni za ndani n’ ubwino njya numva muri sports?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 16 =

Previous Post

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Next Post

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z'abazira SIDA muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.