Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
1
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we batakomeje inshingano zabo, anahakana abavugaga ko bananiwe gukorana, ahubwo ko babaga bafite impamvu zumvikana.

Uwayezu yavuze ko uwari Visi Perezida wa mbere, Kayisire Jacques, amaze gutorwa yahise abona akazi muri Minisiteri ya Siporo. Umukoresha we yamusabye guhagarika inshingano yari afite muri Rayon Sports kuko byari kudahura gukorera icyarimwe muri iyo Minisiteri no mu buyobozi bw’iyo kipe. Kayisire ngo yamubwiye ko azakomeza kumugira inama ariko atazongera kugaragara mu kazi ka buri munsi.

Ati “Kayisire rwose twarahuraga tukajya inama ariko akaba atagaragara, ntabwo byari uguta inshingano ahubwo byari ukubahiriza amabwiriza y’akazi.”

Yakomeje avuga ko uwari Visi Perezida wa kabiri, Ngoga Roger Aimable, we yahise yongera gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari yarize, ndetse asezera mu nama y’ubuyobozi.

Uwayezu yasobanuye ko Ngoga yavuze ko “uwakoranye na naka ntiyakoranye namwe,” ashaka kugaragaza ko agiye ariko yishimiye imirimo bari bamaze gukorera hamwe muri Rayon Sports.

Uwayezu ashimangira ko abo bayobozi bombi batagiye kubera kutumvikana mu kazi, ahubwo ko byatewe n’impamvu zabo bwite.

Yavuze ko imirimo ya Rayon Sports isaba ubwitange n’igihe kinini, ku buryo bigoye kuyikorana n’izindi nshingano.

Ati “Rayon Sports yasabaga ko uba uhari buri gihe. Njye nabyukaga mu gitondo nkageza nimugoroba ndi mu kazi ka Rayon Sports, ku buryo byari bigoye kuba umukorera bushake kandi ufite izindi nshingano.”

Uwayezu Jean Fidèle yasezerye ku mwanya wa Perezida wa Rayon Sports muri Nzeri 2024 ku mpamvu z’uburwayi, nyuma yuko yari yageze muri iyi kipe mu kwezi k’Ukwakira 2020.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 1

  1. Mushi says:
    4 hours ago

    Ibi se yabitangarije kuwuhe muyoboro, ni TV10, ni Radio10, ni social media ze bwiteeee, muri macye nkeneye kumva byinshi mbikuye kuri source.

    Cg ni za ndani n’ ubwino njya numva muri sports?

    Reply

Leave a Reply to Mushi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 15 =

Previous Post

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Next Post

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Related Posts

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere...

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

by radiotv10
01/03/2026
0

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca...

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

by radiotv10
28/02/2026
0

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imuaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du...

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

by radiotv10
27/02/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club yisanze mu itsinda rya Kalahari Conference mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Basketball, Basketball...

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

by radiotv10
26/02/2026
0

Walking is one of the simplest ways to stay healthy. But did you know that small changes can make your...

IZIHERUKA

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon
FOOTBALL

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

by radiotv10
05/03/2026
0

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

05/03/2026
America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

05/03/2026
Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

05/03/2026
Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

05/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.