Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we batakomeje inshingano zabo, anahakana abavugaga ko bananiwe gukorana, ahubwo ko babaga bafite impamvu zumvikana.
Uwayezu yavuze ko uwari Visi Perezida wa mbere, Kayisire Jacques, amaze gutorwa yahise abona akazi muri Minisiteri ya Siporo. Umukoresha we yamusabye guhagarika inshingano yari afite muri Rayon Sports kuko byari kudahura gukorera icyarimwe muri iyo Minisiteri no mu buyobozi bw’iyo kipe. Kayisire ngo yamubwiye ko azakomeza kumugira inama ariko atazongera kugaragara mu kazi ka buri munsi.
Ati “Kayisire rwose twarahuraga tukajya inama ariko akaba atagaragara, ntabwo byari uguta inshingano ahubwo byari ukubahiriza amabwiriza y’akazi.”
Yakomeje avuga ko uwari Visi Perezida wa kabiri, Ngoga Roger Aimable, we yahise yongera gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari yarize, ndetse asezera mu nama y’ubuyobozi.
Uwayezu yasobanuye ko Ngoga yavuze ko “uwakoranye na naka ntiyakoranye namwe,” ashaka kugaragaza ko agiye ariko yishimiye imirimo bari bamaze gukorera hamwe muri Rayon Sports.
Uwayezu ashimangira ko abo bayobozi bombi batagiye kubera kutumvikana mu kazi, ahubwo ko byatewe n’impamvu zabo bwite.
Yavuze ko imirimo ya Rayon Sports isaba ubwitange n’igihe kinini, ku buryo bigoye kuyikorana n’izindi nshingano.
Ati “Rayon Sports yasabaga ko uba uhari buri gihe. Njye nabyukaga mu gitondo nkageza nimugoroba ndi mu kazi ka Rayon Sports, ku buryo byari bigoye kuba umukorera bushake kandi ufite izindi nshingano.”
Uwayezu Jean Fidèle yasezerye ku mwanya wa Perezida wa Rayon Sports muri Nzeri 2024 ku mpamvu z’uburwayi, nyuma yuko yari yageze muri iyi kipe mu kwezi k’Ukwakira 2020.
Aime Augustin
RADIOTV10











Ibi se yabitangarije kuwuhe muyoboro, ni TV10, ni Radio10, ni social media ze bwiteeee, muri macye nkeneye kumva byinshi mbikuye kuri source.
Cg ni za ndani n’ ubwino njya numva muri sports?