Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
1
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports F.C, Uwayezu Jean Fidèle, yashyize amabanga hanze asobanura impamvu bamwe mu bakoranaga na we batakomeje inshingano zabo, anahakana abavugaga ko bananiwe gukorana, ahubwo ko babaga bafite impamvu zumvikana.

Uwayezu yavuze ko uwari Visi Perezida wa mbere, Kayisire Jacques, amaze gutorwa yahise abona akazi muri Minisiteri ya Siporo. Umukoresha we yamusabye guhagarika inshingano yari afite muri Rayon Sports kuko byari kudahura gukorera icyarimwe muri iyo Minisiteri no mu buyobozi bw’iyo kipe. Kayisire ngo yamubwiye ko azakomeza kumugira inama ariko atazongera kugaragara mu kazi ka buri munsi.

Ati “Kayisire rwose twarahuraga tukajya inama ariko akaba atagaragara, ntabwo byari uguta inshingano ahubwo byari ukubahiriza amabwiriza y’akazi.”

Yakomeje avuga ko uwari Visi Perezida wa kabiri, Ngoga Roger Aimable, we yahise yongera gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yari yarize, ndetse asezera mu nama y’ubuyobozi.

Uwayezu yasobanuye ko Ngoga yavuze ko “uwakoranye na naka ntiyakoranye namwe,” ashaka kugaragaza ko agiye ariko yishimiye imirimo bari bamaze gukorera hamwe muri Rayon Sports.

Uwayezu ashimangira ko abo bayobozi bombi batagiye kubera kutumvikana mu kazi, ahubwo ko byatewe n’impamvu zabo bwite.

Yavuze ko imirimo ya Rayon Sports isaba ubwitange n’igihe kinini, ku buryo bigoye kuyikorana n’izindi nshingano.

Ati “Rayon Sports yasabaga ko uba uhari buri gihe. Njye nabyukaga mu gitondo nkageza nimugoroba ndi mu kazi ka Rayon Sports, ku buryo byari bigoye kuba umukorera bushake kandi ufite izindi nshingano.”

Uwayezu Jean Fidèle yasezerye ku mwanya wa Perezida wa Rayon Sports muri Nzeri 2024 ku mpamvu z’uburwayi, nyuma yuko yari yageze muri iyi kipe mu kwezi k’Ukwakira 2020.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 1

  1. Mushi says:
    2 months ago

    Ibi se yabitangarije kuwuhe muyoboro, ni TV10, ni Radio10, ni social media ze bwiteeee, muri macye nkeneye kumva byinshi mbikuye kuri source.

    Cg ni za ndani n’ ubwino njya numva muri sports?

    Reply

Leave a Reply to Mushi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + fourteen =

Previous Post

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Next Post

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Related Posts

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

by radiotv10
19/04/2026
0

Imyiteguro irarimbanyije ku makipe ane ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry'amakipe y'abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino...

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

by radiotv10
17/04/2026
0

Nubwo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bamaze imyaka myinshi bahanganiye mu kibuga nk’abakinnyi beza ku isi, ubu iryo hangana riri...

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

by radiotv10
17/04/2026
0

Mu gutangiza amarushanwa ya RDF Liberation Cup ategurwa mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora, mu mikino yabereye mu Ntara...

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

by radiotv10
17/04/2026
0

Ibiganiro byahurije hamwe ubuyobozi bwa FERWAFA, Perezida wa Rayon Sports, Abdallah Murenzi n’uwa Kiyovu, David Nkurunziza byari bigamije gukemura ikibazo...

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

by radiotv10
17/04/2026
0

U Rwanda rugiye kwakira irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagabo mu mukino wa Volleyball (CAVB Men's Club Championship)...

IZIHERUKA

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda
SIPORO

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

by radiotv10
19/04/2026
0

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

19/04/2026
Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z'abazira SIDA muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.