• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga mukuru muri zone ya Rutshuru, Dr. Christian Bitwayiki yagize icyo avuga kuri raporo ivuga ko hagaragaye imfu z’abantu 1 000 zikomoka ku bwandu bwa Virusi itera SIDA, avuga ko ibivugwa n’iyi raporo atari ukuri.

Yabitangaje mu bisobanuro by’ingenzi nyuma ya raporo y’umuryango Actions pour la Protection Civile et le Développement yagaragaje ko hagaragaye ziriya mpfu zatewe na SIDA.

Dr. Christian Bitwayiki avuga ko akurikije amakuru mpamo na we ahagazeho, ari uko mu mwaka ushize hagaragaye impfu 13 zikomoka kuri SIDA muri zone Rutshuru, mu gihe muri Teritwari yose ya Rutshuru habayeho impfu 37.

Yavuze ko hakunze kubaho urujijo ku bantu bitaba Imana bazize Virusi ya SIDA, kuko hari n’abapfa bafite ubwandu bikitirirwa ko ari yo ibahitanye nyamara atari yo.

Yagize ati “Urupfu rukomoka ku cyorezo cya SIDA ruvuga ko umuntu ubana na virusi itera SIDA ibyuririzi bya virusi itera SIDA kandi agapfa ari byo azize.”

Uyu muganga yakomeje agira ati “Nubwo umuntu yaba afite n’ubwandu bwa virusi itera SIDA, ashobora no kwicwa n’indi mpamvu (malariya, indwara yo gucika kw’imitsi, ingorane zikomoka ku muriro wa tifoyide), kandi umuntu nk’uwo ntafatwa nk’uwapfuye azize virusi itera SIDA, kabone n’iyo yaba yari arwaye virusi itera SIDA.”

Avuga ko abantu bakunze kwitiranye impfu zatewe n’izindi mpamvu bakazifata nk’izatewe na SIDA, kuko hari nk’abarwara Cancer n’izindi ndwara zikomeye, bakaba banarwaye SIDA, bakwitaba Imana, bikavugwa ko bishwe n’iki cyorezo.

Dr. Bitwayiki yemeza ko virusi itera SIDA ikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomere muri Zone ya Rutshuru, agasaba abafatanyabikorwa yaba mu bya tekiniki ndetse no mu bushobozi, gukomeza kugira uruhare mu kwita no gukurikirana abafite ubwandu bw’iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Next Post

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.