Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga mukuru muri zone ya Rutshuru, Dr. Christian Bitwayiki yagize icyo avuga kuri raporo ivuga ko hagaragaye imfu z’abantu 1 000 zikomoka ku bwandu bwa Virusi itera SIDA, avuga ko ibivugwa n’iyi raporo atari ukuri.

Yabitangaje mu bisobanuro by’ingenzi nyuma ya raporo y’umuryango Actions pour la Protection Civile et le Développement yagaragaje ko hagaragaye ziriya mpfu zatewe na SIDA.

Dr. Christian Bitwayiki avuga ko akurikije amakuru mpamo na we ahagazeho, ari uko mu mwaka ushize hagaragaye impfu 13 zikomoka kuri SIDA muri zone Rutshuru, mu gihe muri Teritwari yose ya Rutshuru habayeho impfu 37.

Yavuze ko hakunze kubaho urujijo ku bantu bitaba Imana bazize Virusi ya SIDA, kuko hari n’abapfa bafite ubwandu bikitirirwa ko ari yo ibahitanye nyamara atari yo.

Yagize ati “Urupfu rukomoka ku cyorezo cya SIDA ruvuga ko umuntu ubana na virusi itera SIDA ibyuririzi bya virusi itera SIDA kandi agapfa ari byo azize.”

Uyu muganga yakomeje agira ati “Nubwo umuntu yaba afite n’ubwandu bwa virusi itera SIDA, ashobora no kwicwa n’indi mpamvu (malariya, indwara yo gucika kw’imitsi, ingorane zikomoka ku muriro wa tifoyide), kandi umuntu nk’uwo ntafatwa nk’uwapfuye azize virusi itera SIDA, kabone n’iyo yaba yari arwaye virusi itera SIDA.”

Avuga ko abantu bakunze kwitiranye impfu zatewe n’izindi mpamvu bakazifata nk’izatewe na SIDA, kuko hari nk’abarwara Cancer n’izindi ndwara zikomeye, bakaba banarwaye SIDA, bakwitaba Imana, bikavugwa ko bishwe n’iki cyorezo.

Dr. Bitwayiki yemeza ko virusi itera SIDA ikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomere muri Zone ya Rutshuru, agasaba abafatanyabikorwa yaba mu bya tekiniki ndetse no mu bushobozi, gukomeza kugira uruhare mu kwita no gukurikirana abafite ubwandu bw’iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Next Post

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.