Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yatangaje ko inzira ya Hormuz yafunguwe nyuma y’amasezerano yo guhagarika intambara yumvikanyweho muri Libani, mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko yizeye ko aya masezerano na yo azagerwaho, nubwo igihe nyacyo bitazwi.
Araqchi, abinyujije ku rubuga rwa X, yavuze ko iyo nzira ya Hormuz yafunguriwe amato yose y’ubucuruzi mu gihe gisigaye cy’agahenge. Trump na we yahise ashimira Iran mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Truth Social. Icyakora, yavuze ko nubwo hari intambwe imaze guterwa nko gufungura inzira ya Hormuz, Amerika yo izakomeza gufunga ibyambu bya Iran kugeza igihe amasezerano yo kurangiza intambara azaba yagezweho ku kigero cya 100%.
Trump kandi yavuze ko uwo mugambi uzagerwaho vuba cyane, kuko ingingo nyinshi z’amasezerano zamaze kumvikanwaho.
Iran ikimara gutangaza ifungurwa ry’inzira ya Hormuz, ibiciro bya peteroli byahise bigabanukaho 10% ako kanya ku isoko mpuzamahanga, kubera ko ayo masoko yizeye ko ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli bugiye gusubira ku murongo.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10











