Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 nyuma y’amakuru yatanzwe n’uwarokotse Jenoside wafatanyije n’ingabo za MINUAR gushyingura abo bantu ariko akaba yari amaze igihe ashidikanya ku hantu bashyinguwe.
Umusaza Kalisa Calixte warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ubwo yavaga mu nkambi ya Nyarushishi jenoside iri kurangira, yabonye ingabo za MINUAR ziri gushyingura abantu bishwe n’interahamwe afatanya nazo ndeste amenyamo abo mu muryango we barimo n’abana be.
Nyuma y’igihe ashidikanya ku hantu bashyinguwe icyo gihe aho ngo yatinyaga ko yakwibeshya akerekana ahatariho, ku ya 14 Mata 2026 ni bwo yatanze amakuru ku ku buyobozi bw’umurenge wa Gihundwe, buhita butangira gutegura uburyo iyi mibiri iboneka.
Kuri uyu wa 18 Mata 2026, ni bwo hakozwe umuganda wo gushakisha iyi mibiri hagendewe ku makuru yatanzwe na Kalisa Calixte, haboneka imibiri itandatu y’abo mu muryango we nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihundwe Iyakaremye Jean Pierre abivuga.
Agira ati “Yavuye i Nyarushishi nko mu kwa 7 jenoside iri kurangira, asanga abasirikare ba MINUAR bari gutoragura imibiri hafi y’iwabo bari gucukura aho kuyishyira arabafasha. Harimo abana be batatu, umubyeyi we, na nyina wabo n’umwana we umwe, Bakuwe ahantu bari bihishe babicira haruguru yaho. Nyuma ya jenoside yajyiye gutura kure yaho bituma ahibagirwa akajya agira impungenge zo kuba yabwira abantu ahatari ho, byaje kurangira rero dukoze umuganda turababona.”
Gitifu akomeza buvuga ko nyuma yo kubona iyi mibiri nta kundi gushidikanya ko ari iy’abazize jenoside yakorewe abatutsi, ikaba yahise ijyanwa ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyarushishi nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere na komite ya ibuka bari bamaze guhumuriza abaturage.
Gitifu Pierre ati “Imibiri yabonetse mu buryo nka buriya bwatanzweho amakuru, ntiyajyanwa ku kagari kuko nta rindi perereza ryari gukorwa. Ni yo mpamvu hafashwe umwanzuro wo kuyijyana i Nyarushishi”.
Biteganyijwe ko iyi mibiri izashyingurwa mu cyubahiro ku ya 23 Mata mu rwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyarushishi ruri mu murenge wa Nkungu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10








