Sunday, April 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

radiotv10by radiotv10
19/04/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 nyuma y’amakuru yatanzwe n’uwarokotse Jenoside wafatanyije n’ingabo za MINUAR gushyingura abo bantu ariko akaba yari amaze igihe ashidikanya ku hantu bashyinguwe.

Umusaza Kalisa Calixte warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ubwo yavaga mu nkambi ya Nyarushishi jenoside iri kurangira, yabonye ingabo za MINUAR ziri gushyingura abantu bishwe n’interahamwe afatanya nazo ndeste amenyamo abo mu muryango we barimo n’abana be.

Nyuma y’igihe ashidikanya ku hantu bashyinguwe icyo gihe aho ngo yatinyaga ko yakwibeshya akerekana ahatariho, ku ya 14 Mata 2026 ni bwo yatanze amakuru ku ku buyobozi bw’umurenge wa Gihundwe, buhita butangira gutegura uburyo iyi mibiri iboneka.

Kuri uyu wa 18 Mata 2026, ni bwo hakozwe umuganda wo gushakisha iyi mibiri hagendewe ku makuru yatanzwe na Kalisa Calixte, haboneka imibiri itandatu y’abo mu muryango we nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihundwe Iyakaremye Jean Pierre abivuga.

Agira ati “Yavuye i Nyarushishi nko mu kwa 7 jenoside iri kurangira, asanga abasirikare ba MINUAR bari gutoragura imibiri hafi y’iwabo bari gucukura aho kuyishyira arabafasha. Harimo abana be batatu, umubyeyi we, na nyina wabo n’umwana we umwe, Bakuwe ahantu bari bihishe babicira haruguru yaho. Nyuma ya jenoside yajyiye gutura kure yaho bituma ahibagirwa akajya agira impungenge zo kuba yabwira abantu ahatari ho, byaje kurangira rero dukoze umuganda turababona.”

Gitifu akomeza buvuga ko nyuma yo kubona iyi mibiri nta kundi gushidikanya ko ari iy’abazize jenoside yakorewe abatutsi, ikaba yahise ijyanwa ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyarushishi nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere na komite ya ibuka bari bamaze guhumuriza abaturage.

Gitifu Pierre ati “Imibiri yabonetse mu buryo nka buriya bwatanzweho amakuru, ntiyajyanwa ku kagari kuko nta rindi perereza ryari gukorwa. Ni yo mpamvu hafashwe umwanzuro wo kuyijyana i Nyarushishi”.

Biteganyijwe ko iyi mibiri izashyingurwa mu cyubahiro ku ya 23 Mata mu rwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyarushishi ruri mu murenge wa Nkungu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 17 =

Previous Post

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Related Posts

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

In today’s economy, loans from banks can be a powerful tool, not just a financial burden. When used wisely, they...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasore bane bakekwaho guhabwa akazi n’umugabo wo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu ko kumwicira umugore, bemera icyaha...

Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

by radiotv10
17/04/2026
0

Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri...

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

by radiotv10
17/04/2026
0

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ryakozwe mu mujyi wa Rouen nyuma...

IZIHERUKA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse
MU RWANDA

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Important things to use a bank loan for and get good returns

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.