Nubwo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bamaze imyaka myinshi bahanganiye mu kibuga nk’abakinnyi beza ku isi, ubu iryo hangana riri gufata indi ntera rishyira imbaraga mu bucuruzi n’ishoramari, aho ubu bombi binjiye mu bushabitsi bw’amakipe y’umupira w’amaguru.
Messi aherutse kugura ikipe ya UE Cornellà ikina mu cyiciro cya kane muri Espagne ikaba iri ni kwitwara neza aho ihagaze ku mwanya wa gatatu inahabwa amahirwe yo kuzamuka uyu mwaka ikajya mu cyiciro cya gatatu.
Ni mu gihe Cristiano Ronaldo na we afite imigabane ingana na 25% mu ikipe ya UD Almería ikina mu cyiciro cya gatatu na yo ikaba ihagaze ku mwanya wa gatatu muri Shampiyona ikaba ifite amahirwe menshi yo kuzamuka mu cyiciro cya Kabiri.
Ibi bishobora gutuma aba bombi bazongera guhangana, ariko noneho atari nk’abakinnyi mu kibuga, ahubwo nk’abashoramari bafite amakipe. Nubwo hakiri intera nini hagati y’aya makipe mu byiciro akinamo, amahirwe yo kuzahura aracyahari mu gihe Cornellà yazamuka cyangwa Almería imanuka.
Ni ikimenyetso cy’uko n’igihe bazaba barangije gukina umupira, guhangana kwa Messi na Ronaldo kuzakomeza mu yindi sura nshya y’ishoramari.
Aime Augustin
RADIOTV10









