Imyiteguro irarimbanyije ku makipe ane ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’amakipe y’abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino wa Volleyball CAVB Men’s Club Championship, aho yamaze kwitiza abakinnyi bafite amazina akomeye.
Ni irushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 47, rikazabera i Kigali guhera tariki ya 22 Mata kugeza ku ya 3 Gicurasi 2025, imikino ikazajya ibera muri BK ARENA na PETIT STADE.
U Rwanda ruzahagararirwa n’amakipe 4 ari yo APR VC, KEPLER VC, POLICE VC na REG VC.
Mu kurushaho kwitegura iyi mikino, ikipe ya APR VC yanakiriye iri rushanwa, yitabaje abakinnyi 4 ba Gisagara Volleyball Club barimo NIYOGISUBIZO Tyson, MUVARA Ronald, RUKUNDO Willy na Libero Steven NTIGURIRWA. APR yongeremo izi mbaraga kubera ko bitayishobokeye kongera kubona Umunya-Kenya Dennis Ireke wayifashije muri Champions League iheruka.
Ku rundi ruhande, ikipe ya Kepler yasabye NDAYISABA Sylvestre nk’umukinnyi utanga imipira(passeur) muri Gisagara VC, aza gusimbura Marino Oboke kubera ko ari Umunyamahanga cyane ko nubwo iri rushanwa ari iry’amakipe yabaye aya mbere iwayo, abakinnyi b’abanyamahanga ntibashobora kurenga 3. Kepler kandi yazanye undi mukinnyi ukomoka muri Montenegro.
Police VC na yo yagaruye Umunya-Brazil Matheus Bettim wayikiniraga umwaka ushize wa shampiyona akaza kuyivamo yerekeza iwabo mu ikipe ya Viapol Vôlei São José yo mu cyiciro cya mbere. REG yo yagumanye abakinnyi bayo isanzwe ikoresha muri Shampiyona.
Iri rushanwa rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere, ryaherukaga kubera mu gihugu cya Libya aho ryegukanwe n’ikipe ya Swehly yo muri icyo gihugu, ikaba iri no mu zihabwa amahirwe mu ry’uyu mwaka.
Nta gihindutse, hategerejwe amakipe 30 azitabira iri rushanwa rigiye kubera mu karere ka Afurika ku nshuro ya mbere.
Kuva amakipe yo mu Rwanda yatangira kuryitabira, ikipe ya Gisagara VC ni yo yegukanye umwanya mwiza, aho yabaye iya 3 muri 2022.




Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10











