• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Abahoze mu buyobozi bwa Rayon

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe umushinga w’amategeko agenga iyi kipe utaremezwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere-RGB.

Yagize ati “Koko inzego zaraseshwe hashyirwaho komisiyo y’abantu batanu, bayishinga gutekereza no gushyiraho imiyoborere ya Rayon Sports mu gihe kirambye Iyo yari misiyo ya mbere twari duhawe.”

Yakomeje avuga ko bahawe manda yo gutegura uburyo bushya bwo gutangira imiyoborere.
Ati “Ikibazo cyibazwaga na buri muntu wese cyari ukumenya umunyamuryango wa Rayon Sports uwo ari we. Icyo kibazo twarakibazwaga ahantu hose. Kubera ko ibintu byari byoroshye, twahisemo gukoresha ikoranabuhanga abantu bakiyandikisha ku bushake.”

Musabyimana yavuze ko abantu bari basanzwe bazwi nk’abakunzi ba Rayon Sports batari bafite urutonde ruzwi. Ati “Kubera ko tutari tubazi neza umubare wabo, ni yo mpamvu twashyizeho uburyo bwo kwiyandikisha. Nyuma tuzakora amategeko abagenga, kuko ari cyo twari twahawe inshingano zo gutegura.”

Yongeyeho ko amategeko agenga Rayon Sports n’abanyamuryango bayo yamaze gutegurwa, ategereje kwemezwa na RGB.

Ati “Yego, twarayateguye dushyiraho amakomisiyo atandukanye aduha ibitekerezo, tugerageza no gushaka abanyamategeko baradufasha. Twayahuje n’ayo twari dusanganwe, nyuma duhurira na RGB inshuro nyinshi kugeza ubwo babonye ko yuzuye , ariko badusaba kubitangaza ku mugaragaro kugira ngo abantu biyandikishe ku bwinshi hatazagira uwitwaza ko yacikanwe nyuma aribwo ayo mategeko agenga Rayon Sport azatangazwa ku mugaragaro.”

Musabyimana yasoje avuga ko abarenga ibihumbi 35 bamaze kwiyandikisha nk’abanyamuryango ba Rayon Sports binyuze kuri gahunda ya *702#. Muri bo, abantu 6000 biyemeje kugira uruhare mu ishoramari ry’iyi kipe mu bihe biri imbere, gusa 600 muri bo ni bo bamaze gutanga umusanzu wa 30,000 Frw.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eight =

Previous Post

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

Next Post

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.