• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa Koreya ya Ruguru mu Bushinwa; hari abavuga ko rugiye kwerekana uyoboye Isi hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, kandi rukazasigira imbaraga Perezida Xi Jinping.

Ikinyamakuru cy’Abongereza BBC, cyanditse ko Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un na Perezida w’u Burusiya, Vladmir V Putin bategerejwe i Beijing mu Bushinwa mu ruzinduko bazahagirira.

Aba Bakuru b’Ibihugu bazitabira ibirori by’u Bushinwa bishingiye ku mateka y’igihe u Buyapani bwamanikiye amaboko, bikaba iherezo ry’intambara ya kabiri y’isi yose.

Ku itariki 03 Nzeri 2025 Abashinwa bazizihiza imyaka 80 ishize icyo gikorwa gisize u Buyapani burekuye ibice by’u Bushinwa bwari bwarigaruriye.

Iki kinyamakuru cyanditse ko ibi bibaye mu gihe u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za America batarumvikana ku iherezo y’intambara y’u Burusiya muri Ukraine. Perezida Trump kandi mu cyumweru gishize yabwiye Pereza wa Koreya y’Epfo ko yifuza kuzahura na mugenzi we w’I Piongyang.

Kuba Perezida Xi Jimping agiye kwakira Putin na Kim Jon Un ngo bigaragaza ko Igihugu cye; usibye kuba ari icya kabiri mu bukungu ku Isi, kinashimangiye ko dipolomasi yacyo idasanzwe.

Perezida Trump kandi ategnya no kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bushinwa. Abasesengura bavuga ko iyi nama igiye kongera Xi Jimping imbaraga muri ibyo biganiro.

U Bushinwa, u Burusiya na Koreya ya Ruguru bihujwe n’imyumvire ku ntambara y’u Burusiya muri Ukraine ndetse n’imikoranire mu by’ubukungu.

Koreya ya Ruguru ishyigikiye u Burusiya muri iyo ntambara. U Bushinwa na bwo Abanyaburayi bavuga ko bufasha u Burusiya muri iyo ntambara. Amerika inabushinja kugura mu Burusiya ibikomoka kuri Petrole.

Koreya ya Ruguru na yo ubuzima bwayo bushingiye ku Kushinwa kuko 90% y’ibyo batumiza mu mahanga, byose biva mu Bushinwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego

Next Post

Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.