Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa Koreya ya Ruguru mu Bushinwa; hari abavuga ko rugiye kwerekana uyoboye Isi hagati y’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, kandi rukazasigira imbaraga Perezida Xi Jinping.

Ikinyamakuru cy’Abongereza BBC, cyanditse ko Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un na Perezida w’u Burusiya, Vladmir V Putin bategerejwe i Beijing mu Bushinwa mu ruzinduko bazahagirira.

Aba Bakuru b’Ibihugu bazitabira ibirori by’u Bushinwa bishingiye ku mateka y’igihe u Buyapani bwamanikiye amaboko, bikaba iherezo ry’intambara ya kabiri y’isi yose.

Ku itariki 03 Nzeri 2025 Abashinwa bazizihiza imyaka 80 ishize icyo gikorwa gisize u Buyapani burekuye ibice by’u Bushinwa bwari bwarigaruriye.

Iki kinyamakuru cyanditse ko ibi bibaye mu gihe u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za America batarumvikana ku iherezo y’intambara y’u Burusiya muri Ukraine. Perezida Trump kandi mu cyumweru gishize yabwiye Pereza wa Koreya y’Epfo ko yifuza kuzahura na mugenzi we w’I Piongyang.

Kuba Perezida Xi Jimping agiye kwakira Putin na Kim Jon Un ngo bigaragaza ko Igihugu cye; usibye kuba ari icya kabiri mu bukungu ku Isi, kinashimangiye ko dipolomasi yacyo idasanzwe.

Perezida Trump kandi ategnya no kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bushinwa. Abasesengura bavuga ko iyi nama igiye kongera Xi Jimping imbaraga muri ibyo biganiro.

U Bushinwa, u Burusiya na Koreya ya Ruguru bihujwe n’imyumvire ku ntambara y’u Burusiya muri Ukraine ndetse n’imikoranire mu by’ubukungu.

Koreya ya Ruguru ishyigikiye u Burusiya muri iyo ntambara. U Bushinwa na bwo Abanyaburayi bavuga ko bufasha u Burusiya muri iyo ntambara. Amerika inabushinja kugura mu Burusiya ibikomoka kuri Petrole.

Koreya ya Ruguru na yo ubuzima bwayo bushingiye ku Kushinwa kuko 90% y’ibyo batumiza mu mahanga, byose biva mu Bushinwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − four =

Previous Post

Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego

Next Post

Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.