Wednesday, April 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku byatangajwe na FARDC ko igiye kwambura intwaro FDLR no kuyirandura

radiotv10by radiotv10
01/04/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku byatangajwe na FARDC ko igiye kwambura intwaro FDLR no kuyirandura
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Leta ya DRC ko gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro bitagarukira mu magambo ahubwo ko ari ibikorwa bifatika, agaragaza ko amasezerano adasohoza yakunze gutanga, ari na yo ntandaro y’akaga gahoraho gaterwa na FDLR.

Minisitiri Nduhungirehe abitangaje nyuma yuko ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) butangaje ko kigiye gutangira ibikorwa byo gusenya umutwe wa FDLR.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku Cyumweru, Umugaba Mukuru Wungirije wa FARDC, Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza yatangaje ko aherutse koherezwa mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Kisangani gutangiza imyiteguro y’ibikorwa bigamije kurandura umutwe wa FDLR.

Muri icyo kiganiro, Lieutenant General Nduru Jacques yagize ati “Bagomba gutanga intwaro zabo, ku bushake cyangwa ku mbaraga. Ntabwo dushaka ko hameneka amaraso.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga ku nkuru yanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ifite umutwe ugira uti “RDC “Byaba ku bushake cyangwa ku ngufu, FDLR igomba gutanga intwaro zayo,” ibi ni ibyasabwe n’igisirikare cya Kongo.” Yagaragaje ko atari rimwe cyangwa kabiri ubutegetsi bwa Congo butangaje ibintu ariko ntibubyubahirize.

Yagize ati “Gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro n’Ubukungu ya Washington, bisaba ibikorwa bifatika, aho kuba amagambo adafite icyo ageraho, amasezerano ahoraho atigeze ashyirwa mu bikorwa, ‘ubukangurambaga’ buhoraho cyangwa urujijo rudacogora bya Leta ku kubaho cyangwa akaga k’abicanyi ba FDLR.”

Ubutegetsi bwa Congo bwasabwe kenshi kwitandukanya no gusenya umutwe wa FDLR, ariko burinangira, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje kenshi ko uyu mutwe ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ari wo zingiro y’impungenge zatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Mu masezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu y’i Washington, DRC isabwa gusenya uyu mutwe habayeho ubufatanye n’u Rwanda, na rwo rwasabwe kuzakuraho ingamba z’ubwirinzi, gusa rukaba rwaratangaje ko izo ngamba ruzazikuraho igihe DRC yakoze ibyo yasabwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − three =

Previous Post

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Next Post

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Related Posts

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

by radiotv10
01/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ikigo Security Company Against Robbery (SCAR) Ltd gitanga serivisi z'umutekano, cyambuwe uburenganzira bwo gukora. Bikubiye...

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

by radiotv10
31/03/2026
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yavuze ko umuyobozi waranduye ibishyimbo by’umuturage, yakoze ibitari iby’i Rwanda, ariko ko mbere yo kubikora...

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

by radiotv10
31/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

by radiotv10
31/03/2026
0

There comes a point where you realize that life moves fast, and if you don’t pause once in a while,...

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda), in partnership with Ecobank Rwanda Plc and YABX Technologies (Netherlands) B.V , is pleased...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

01/04/2026
Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

01/04/2026
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

01/04/2026
Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

01/04/2026
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku byatangajwe na FARDC ko igiye kwambura intwaro FDLR no kuyirandura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku byatangajwe na FARDC ko igiye kwambura intwaro FDLR no kuyirandura

01/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.