Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Leta ya DRC ko gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro bitagarukira mu magambo ahubwo ko ari ibikorwa bifatika, agaragaza ko amasezerano adasohoza yakunze gutanga, ari na yo ntandaro y’akaga gahoraho gaterwa na FDLR.
Minisitiri Nduhungirehe abitangaje nyuma yuko ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) butangaje ko kigiye gutangira ibikorwa byo gusenya umutwe wa FDLR.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku Cyumweru, Umugaba Mukuru Wungirije wa FARDC, Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza yatangaje ko aherutse koherezwa mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Kisangani gutangiza imyiteguro y’ibikorwa bigamije kurandura umutwe wa FDLR.
Muri icyo kiganiro, Lieutenant General Nduru Jacques yagize ati “Bagomba gutanga intwaro zabo, ku bushake cyangwa ku mbaraga. Ntabwo dushaka ko hameneka amaraso.”
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga ku nkuru yanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ifite umutwe ugira uti “RDC “Byaba ku bushake cyangwa ku ngufu, FDLR igomba gutanga intwaro zayo,” ibi ni ibyasabwe n’igisirikare cya Kongo.” Yagaragaje ko atari rimwe cyangwa kabiri ubutegetsi bwa Congo butangaje ibintu ariko ntibubyubahirize.
Yagize ati “Gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro n’Ubukungu ya Washington, bisaba ibikorwa bifatika, aho kuba amagambo adafite icyo ageraho, amasezerano ahoraho atigeze ashyirwa mu bikorwa, ‘ubukangurambaga’ buhoraho cyangwa urujijo rudacogora bya Leta ku kubaho cyangwa akaga k’abicanyi ba FDLR.”
Ubutegetsi bwa Congo bwasabwe kenshi kwitandukanya no gusenya umutwe wa FDLR, ariko burinangira, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje kenshi ko uyu mutwe ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ari wo zingiro y’impungenge zatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi.
Mu masezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu y’i Washington, DRC isabwa gusenya uyu mutwe habayeho ubufatanye n’u Rwanda, na rwo rwasabwe kuzakuraho ingamba z’ubwirinzi, gusa rukaba rwaratangaje ko izo ngamba ruzazikuraho igihe DRC yakoze ibyo yasabwe.
RADIOTV10










