Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner; ko icyizere cy’amahoro kizagerwaho ari uko FARDC yahagaritse burundu ibitero bya Drone n’ibindi bikorwa byose by’intambara. Ni nyuma yuko Kayikwamba yizeje ko Guverinoma ya Congo yiteguye kubahiriza agahenge gatangira uyu munsi.

Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gashyantare 2026, haratangira kubahirizwa agahenge kemejwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 bahanganye, basabwe guhagaruka imirwano.

Mu kiganiro yagiranye na Deutsche Welle (DW) i Munich mu Budage, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yatangaje ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwiteguye kubahiriza uyu mwanzuro.

Yagize ati “Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo ducecekeshe imbunda. Si ubwa mbere tugerageza. Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo twubahirize ibyo twiyemeje kandi twizere ko urundi ruhande ruzakora nk’ibyo.”

Nyuma yo gutangaza ibi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yamwibukije ko abarwana ku ruhande rwa Leta ya Congo, bakomeje ibitero.

Yifashishije ijambo ryavuzwe na Ronald Reagan wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za America, rigira riti “Trust but verify” cyangwa ngo “Izere ariko unagenzure”, yakomeje agira ati “Igihe indege zitagira abapilote n’iz’intambara za FARDC zizaceceka burundu, hazabaho icyizere cy’amahoro mu burasirazuba bwa Congo.”

Kayikwamba yatangaje biriya mu gihe uruhande rurwanira ubutegetsi bwa DRC rukomeje kurasa mu bice bituwemo n’abaturage biganjemo Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo, rukoresheje indege zitagira abapilote.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 16 Gashyantare, FARDC n’abo bafatanya ku rugamba, bagabye ibitero mu gace ka Point-Zero muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bakoresheje n’ubundi drones, byanasize AFC/M23 na Twirwaneho bahanuyemo eshatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Why young professionals keep getting into debt

Next Post

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Related Posts

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

by radiotv10
18/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Burusiya, Ambasaderi Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yashimiye iki Gihugu na Perezida wacyo Vladimir Putin by’umwihariko, ku...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

by radiotv10
18/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 57 ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko atanzweho amakuru ko yabanaga...

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

by radiotv10
18/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’ibiganiro byabaye mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 20,...

Why young professionals keep getting into debt

Why young professionals keep getting into debt

by radiotv10
18/02/2026
0

Today, many young professionals are living in a world where debt feels normal. From student loans to credit cards, borrowing...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

by radiotv10
17/02/2026
0

Muhizi Anathole wagejeje kuri Perezida Paul Kagame ikibazo afitanye na Banki Nkuru y’u Rwanda cyerekeye inzu avuga ko ari ye...

IZIHERUKA

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza
MU RWANDA

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

by radiotv10
18/02/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

18/02/2026
Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

18/02/2026
Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

18/02/2026
Why young professionals keep getting into debt

Why young professionals keep getting into debt

18/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.