Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

radiotv10by radiotv10
18/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner; ko icyizere cy’amahoro kizagerwaho ari uko FARDC yahagaritse burundu ibitero bya Drone n’ibindi bikorwa byose by’intambara. Ni nyuma yuko Kayikwamba yizeje ko Guverinoma ya Congo yiteguye kubahiriza agahenge gatangira uyu munsi.

Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gashyantare 2026, haratangira kubahirizwa agahenge kemejwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23 bahanganye, basabwe guhagaruka imirwano.

Mu kiganiro yagiranye na Deutsche Welle (DW) i Munich mu Budage, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yatangaje ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwiteguye kubahiriza uyu mwanzuro.

Yagize ati “Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo ducecekeshe imbunda. Si ubwa mbere tugerageza. Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo twubahirize ibyo twiyemeje kandi twizere ko urundi ruhande ruzakora nk’ibyo.”

Nyuma yo gutangaza ibi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yamwibukije ko abarwana ku ruhande rwa Leta ya Congo, bakomeje ibitero.

Yifashishije ijambo ryavuzwe na Ronald Reagan wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za America, rigira riti “Trust but verify” cyangwa ngo “Izere ariko unagenzure”, yakomeje agira ati “Igihe indege zitagira abapilote n’iz’intambara za FARDC zizaceceka burundu, hazabaho icyizere cy’amahoro mu burasirazuba bwa Congo.”

Kayikwamba yatangaje biriya mu gihe uruhande rurwanira ubutegetsi bwa DRC rukomeje kurasa mu bice bituwemo n’abaturage biganjemo Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo, rukoresheje indege zitagira abapilote.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 16 Gashyantare, FARDC n’abo bafatanya ku rugamba, bagabye ibitero mu gace ka Point-Zero muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bakoresheje n’ubundi drones, byanasize AFC/M23 na Twirwaneho bahanuyemo eshatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 4 =

Previous Post

Why young professionals keep getting into debt

Next Post

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.