Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA
0
Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent ukomokamo nyakwigendera Kayirangwa Olga uherutse kwitaba Imana nyuma yo kujya mu rugo rw’abasore babiri ubu banaregwa kugira uruhare mu rupfu rwe, uranyomoza amakuru akomeje gukwirakwizwa ku mpamvu y’uru rupfu.

Kayirangwa Olga usanzwe ari imfura mu muryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, yitabye Imana tariki 26 Nzeri 2024 nyuma yuko yari yagiye mu rugo rw’abasore babiri, ubu bari mu nzego z’ubutabera, ndetse bamaze no gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Nyuma y’urupfu rw’uyu mukobwa, ku mbuga nkoranyambaga, hakomeje gucicikana amakuru ku rupfu rwe, harimo n’abavuga impamvu y’urupfu rwe.

Mu nyandiko yashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024 n’umuryango wa Olga wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, wavuze ko ukomeje kubabazwa n’amakuru akwirakwizwa n’abavuga icyahitanye umwana wabo.

Umuryango wa Maj (Rtd) Gasagure uvuga ko umwana wabo “Olga yari muzima kandi nta ndwara idakira izwi yari arwaye.” Ku buryo “Urupfu rwe rutunguranye rwasize umuryango mu kababaro gakomeye.”

Ukomeza uvuga ko kandi nyuma y’urupfu rw’umwana wabo, hari abantu babiri ari bo Nasagambe Fred na Gatare Junior Gedion, bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Olga.

Wakomeje ugira ati “Muri iyi minsi, harimo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma, arimo gusebanya, ndetse no kutubaha nyakwigendera watuvuyemo, ahubwo akarushaho kongerera umubabaro umuryango wacu ugifite agahinda.”

Nanone uyu muryango wakomeye ugira uti “By’umwihariko, dutewe inkeye, n’uko abantu bamwe, barimo abakoresha imbubuga za YouTube n’abigira abasobanuzi ku mbuga nkoranyambaga, bahisemo kuganira no kujya impaka, ku mugaragaro, ku rubanza rukiri mu nkiko, hagamijwe gusebanya, ndetse bakagera n’aho barengera bakavuga ku miterere y’urubanza kandi ikirego kigikurikiranwa n’Urukiko.”

Ukongera ati “Ibikorwa nk’ibi ni agasuzuguro keruye ku muryango wacu ukiri mu bihe by’akababaro. Turasaba abo bireba bose, guhagarika gusakaza cyangwa gukwirakwiza bene ayo makuru y’ibinyoma ku rupfu rwa Olga.”

Uyu muryango wasoje ubutumwa bwawo uvuga ko mu gihe ukiri mu bihe byo kuzirikana umwana wawo, unategereje guhabwa ubutabera, ndetse usaba n’abandi gutegereza icyemezo cya nyuma cy’inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − one =

Previous Post

Amakuru mashya ku byaha biregwa umunyamakuru Fatakumavuta

Next Post

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.