Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihugu cyacu gitewe ishema namwe- Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/12/2021
in MU RWANDA
0
Igihugu cyacu gitewe ishema namwe- Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yagize ati “Nubwo habayeho COVID ariko mwakomeje kuzuza inshingano ndetse munarenzeho.”

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, yageneye ubutumwa abo mu nzego z’umutekano abashimira umuhate ukomeje kubaranga watumye bakomeza kuzuza inshingano zabo no muri ibi bihe bigoye byaranzwe na COVID-19.

Buri mpera z’umwaka Perezida wa Repubulika agenera ubutumwa ingabo z’u Rwanda ndetse n’abandi bo mu nzego z’umutekano.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu izina rya Guverinoma, mu izina ry’Abaturarwanda no mu izina rye bwite yifurije ba Ofisiye n’abandi basirikare mu ngabo z’u Rwanda, n’abo mu zindi nzego z’umutekano n’imiryango yabo kugira iminsi mikuru myiza.

Umukuru w’u Rwanda ukunda kugaragaza ko ibikorwa byose by’amajyambere bishingira ku mutekano n’ubusugire bw’igihugu, yongeye gushyimira abo mu nzego z’umutekano umuhate bakomeje kugaragaza kabone nubwo habayeho imbogamizi.

Ati “Nubwo hari izo mbogamizi zirimo n’icyorezo cya COVID-19, mwakomeje kugera ku ntego ndetse no kurenzaho ku byo mwari mwitezweho mubikorana ubudasa n’ubunyamwuga. Igihugu cyacu gitewe ishema namwe.”

Umukuru w’u Rwanda uherutse gusura ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique, yaboneyeho kongera gushimira abo muri izi nzego bari mu bihugu binyuranye aho bagiye mu butumwa bw’akazi.

Ati “Kuba kure y’abo mukunda, by’umwihariko mu bihe by’iminsi mikuru, bigaragaza umuhate wanyu mu kwitangira amahoro n’ituze ku mugabane wacu n’ahandi.”

Perezida Kagame yabonyeho gusaba abakora muri izi nzego z’umutekano gukomeza kurangwa n’indangagaciro ziboneye zikomeza kuranga Abanyarwanda ndetse n’ikiremwamuntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Kayonza: Imvubu yoneraga abaturage yarashwe ihita igaburiwa izindi ngo kuko abantu yabagwa nabi

Next Post

Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.